Israel irimo kunyagirwa n’imvura ya missiles zivuye muri Iran

Igihugu cya Israel cyahuye n’ijoro ribi kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, kuko imvura y’ibisasu(missiles) bitewe na Iran, irimo kwibasira uduce dutandukanye tw’icyo Gihugu.

Israel itewe ibisasu nyuma y’icyumweru kirenga imaze itangije ibitero kuri Liban, nyuma y’amezi imaze irwana n’inyeshyamba z’aba Hutis muri Yemen, na nyuma y’imyaka ibiri imaze irwana na Palestine muri Gaza.

Ibitero bya Israel kuri ibyo bihugu byose, bikajije umurego kuva mu cyumweru gishize, aho imaze kwivugana umubare munini w’abakuru b’imitwe ya Hamas wo muri Palestine na Hezbollah yo muri Liban.

Iran mu mujinya mwinshi, imaze gutera ibisasu birenga 200 muri Israel ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, kandi ibyinshi birimo kugera hasi ku butaka bwa Israel, nk’uko amateleviziyo mpuzamahanga arimo Al Jazeera arimo kibigaragaza.

Al Jazeera yerekanye Abanya-Iran barimo kubyina bazunguza amabendera ubwo babonaga ibisasu bigwa muri Israel n’ubwo irinzwe n’ingabo yitwa Iron Dome irekura ibisasu bijya gusenya ibivuye muri Iran bitaragera ku butaka.

Leta zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko hari ingabo nyinshi zoherejwe kujya gutabara Israel, kandi ko iki gihugu(Israel) na cyo kigiye gusubiza Iran kubera ibyo yakoze.

Israel yari yamaze gutangaza ko ingabo zayo zinjiye ku butaka bwa Liban/Lebanon kurwana na Hezbollah, nyuma y’uko ibitero by’indege bibanje gushegesha abakuru b’uwo mutwe witwa uw’iterabwoba.

Hagati aho inshuti za Iran zirimo u Burusiya zivuga ko habayeho kurengera kwa Israel nyuma y’ibitero irimo kugaba kuri Liban, zikaba na zo zivuga ko zitazarebera.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi