Kenya: Pasiteri yerekanye umugore mushya yashatse, abagore 700 bava mu rusengero

Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Bwa mbere yatangaje ko muri rusange yatakaje abakirisitu basaga 400, biturutse ku kuba yari yerekanye umugore we mushya mu rusengero.

Nyuma uwo mushumba w’itorero yaje, gutangaza ko abagore 700 ari bo bavuye mu rusengero icyarimwe, bakibona uwo mugore we mushya, barakajwe n’uko atari bo yahisemo ngo abashake, kuko buri wese muri abo bagore ngo yabaga yibwira ko ari we azahitamo.

Nubwo bimeze bityo ariko, Pasiteri Ng’ang’a yagumye ku cye, avuga ko abo bagiye bakomeza bakaguye iyo bagiye niba badashobora kubahiriza icyemezo cye n’amahitamo ye.

Nyuma y’uko uwo mushumba w’Itorero Neno Evangelism yari yarapfushije, yasezeranye n’undi mugore mushya mu rwego rwo kwishumbusha, hanyuma agashaka kumwerekana mu rusengero rwe, avuga ko ibyo ngo byarakaje cyane bamwe mu bakirisitu be, bituma abo bagore 700 bava mu rusengero rwe.

Ikinyamakuru Tuko cy’aho muri Kenya cyanditse ko Pasiteri Ng’ang’a aganira n’abakirisitu be bakiri muri urwo rusengero yahishuye ko mu bagore barakaye bakava mu rusengero rwe, harimo na bamwe bari bafite imirimo mu rusengero, bakaba baragiye bakimenya ko yamaze kubona undi mugore mushya. Kuko buri wese muri bo ngo yabaga afite icyizere ko azamushaka, akurikije urwego ariho ndetse no kuba ari umukire cyane ndetse akaba n’umuyobozi w’itorero.

Yagize ati, ” Mu gihe nari nshatse gushaka umugore wanjye, iri torero ryahuye n’ikibazo gikomeye. Itorero ryari ryuzuye cyane. Abagore benshi baruzuraga. Kubera ko iyo ufite amavuta, ukaba ubufite n’ubukire, abagore baza mu buzima bwawe. Barahari ahantu hose. Ubwo rero umunsi nerekanye umugore wanjye, unyizere cyangwa ubireke, ariko nakubwira ko abagore 700, bahagaze ntibakomeza kuza mu rusengero, batangira kugendera kure”

Yongeyeho ati “Bari babizi ko umugore wanjye wa mbere yapfuye, bafite icyizere ko wenda nzabahitamo, n’abamfashaga imirirmo mu itorero baragiye, bibaza impamvu ntabahisemo. Natakaje abantu basaga 400…, ndahagarara ndavuga nti nibagende, bamwe bakavuga ko ari uwanjye atari uw’Imana, abandi bo bavuze ko ari umwana…”.

Source: Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka