Irani na Hezbollah barashinja Israel ko ari yo yashwanyuje ibyuma by’itumanaho bya Hezbollah

Amakuru dukesha VOA avuga yuko “umutwe wa Hezbollah na guverinema ya Irani bishinja Isirayeli gushwanyuza ibyuma bikoreshwa n’abarwanyi ba Hezbollah mu itumanaho.”

Ni igitero cyahitanye abantu 12 harimo abana babiri, gikomeretsa abantu 2800.

Umutwe w’abarwanyi ba Hezbollah kuri uyu wa gatatu wavuze ko uzakomeza kurwanya Isirayeli mu rwego rwo gushyigikira umutwe wa Hamasi mu ntara ya Gaza. Hezbollah yavuze ko Isirayeli ikwiriye kwitegura igihano gikarishye.

I Kayiro mu Misiri, ministri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Antony Blineken, yabwiye abanyamakuru ko Amerika itari izi iby’ituritswa ry’ibyo byuma kandi nta ruhare yabigizemo.

Yagaragaje impungenge ko ibyabaye bishobora gutera ibibazo by’umutekano mu karere k’uburasirazuba bwo hagati.

Isirayeli ntacyo yavuze kuri iki gikorwa cyabaye nyuma y’amasaha make itangaje ko igiye kwagura intambara irwana na Hamasi mu ntara ya Gaza, ikaza umutekano mu majyaruguru mu rwego rwo gukumira ibisasu byo mu bwoko bwa Roketi biraswa n’abarwanyi ba Hezbollah.

Hezbollah irakeka ko hari ibintu biturika byaba byarongerewe muri ibyo byuma mbere y’uko bishyikirizwa abarwanyi bayo. babyifashishaga nyuma y’uko umukuru wabo ababuza gukoresha za telefoni atinya ko Isirayeli yaba ibaneka ikumva ibyo bavugana.

By Julien B.

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya