Ku bifuza akazi mu nzego z’ibanze hari imyanya 1839 yashyizwe ku isoko

Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali, RALGA, ryatangaje ko inzego z’ibanze mu Tugari, mu Mirenge no mu Turere hakenewe abakozi bagera ku 1,839 bazaba bari mu myanya itandukanye.

Bigaragara ko imirenge ari yo ikeneye abakozi benshi bagera ku 1063, utugari tukaba dukeneye abagera kuri 545, mu gihe Uturere dukeneye abagera kuri 231.

RALGA ivuga ko iyi myanya yatangiye gushyirwa ku rubuga rwa Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA) rwamamaza imyanya y’akazi ikeneye abakozi, kuva kuri uyu wa Gatatu, ariko gukomeza kuyishyira kuri urwo rubuga ngo birakomeje.

RALGA ivuga kandi ko ifatanyije na MIFOTRA, bavuguruye uburyo ibizamini by’abakozi b’inzego z’ibanze bikorwa, kugira ngo birusheho gukomeza gukorwa mu mucyo, kuko bigiye kujya bitangirwa igihe kimwe.

Igihe cyo gutanga ibyo bizamini nikigera ngo hazajya hajyaho urwego ruhuriweho n’inzego zose bireba, kugira ngo hirindwe amakosa abantu bajya binubira.

 

 

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge