Umusirikare wa FARDC yarashe mu Rwanda

Amakuru dukesha abari i Rubavu aravuga ko ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 29 Kanama 2024, umusirikare wo mu ngabo za Congo (FARDC ), yarashe amasasu menshi mu Rwanda, ahagaze ku mupaka witwa ‘Petite Bariyeri’.

Abaturiye uyu mupaka w’u Rwanda na Congo bavuga ko nta muntu ayo masasu yishe cyangwa ngo akomeretse, ariko akaba yafashe inzu y’umuturage ibirahure by’amadirishya yayo birameneka.

Hari umuturage waganiriye n’ikinyamakuru Umuseke agira ati ” Umusirikare yaje arasa amasasu menshi, yafashe inzu duturanye ibirahure byo ku madirishya byamenetse.”

Uwo muturage avuga ko kuva aho uwo musirikare arasiye mu Rwanda, Abanyarwanda barimo gutinya kwambuka bajya muri Congo, ndetse n’Abanyekongo bari bari mu Rwanda bahise bihutira gusubira iwabo.

Inzego z’umutekano ku ruhande rw’u Rwanda zatangiye gukurikirana iby’icyo gikorwa kugeza ubu kitarasobanurwa icyo cyari kigambiriye.

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge