Umusirikare wa FARDC yarashe mu Rwanda

Amakuru dukesha abari i Rubavu aravuga ko ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 29 Kanama 2024, umusirikare wo mu ngabo za Congo (FARDC ), yarashe amasasu menshi mu Rwanda, ahagaze ku mupaka witwa ‘Petite Bariyeri’.

Abaturiye uyu mupaka w’u Rwanda na Congo bavuga ko nta muntu ayo masasu yishe cyangwa ngo akomeretse, ariko akaba yafashe inzu y’umuturage ibirahure by’amadirishya yayo birameneka.

Hari umuturage waganiriye n’ikinyamakuru Umuseke agira ati ” Umusirikare yaje arasa amasasu menshi, yafashe inzu duturanye ibirahure byo ku madirishya byamenetse.”

Uwo muturage avuga ko kuva aho uwo musirikare arasiye mu Rwanda, Abanyarwanda barimo gutinya kwambuka bajya muri Congo, ndetse n’Abanyekongo bari bari mu Rwanda bahise bihutira gusubira iwabo.

Inzego z’umutekano ku ruhande rw’u Rwanda zatangiye gukurikirana iby’icyo gikorwa kugeza ubu kitarasobanurwa icyo cyari kigambiriye.

 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye