Israel Mbonyi yasoreje i Mbarara ibitaramo yari afite muri Uganda

Israel Mbonyi umwe mu baramyi bahagaze neza mu Karere yashyize akadomo ku bitaramo bibiri yari afite mu gihugu cya Uganda byitabiriwe n’ibihumbi by’abantu.
Nyuma y’uko Israel Mbonyi avuye muri Kenya aho yataramiye abakunzi be mu gitaramo cy’amateka cyabaye mu ntangiriro za Kanama 2024, hari hagezweho Uganda aho yakoreye ibitaramo bibiri.

Ikinyamakuru cy’Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru gikomeza kivuga ko uyu muhanzi yataramiye i Kampala ku wa 23 Kanama 2024 ahitwa Lugogo. Mu ijoro ryo ku wa 25 Kanama 2024 yataramiye i Mbarara. Ibi bitaramo byose byitabiriwe n’ibihumbi by’abantu.Mu butumwa bw’ishimwe bwa Israel Mbonyi, yashimiye Imana. Ati: ”Mbega ijoro na none ry’agatangaza. Byari ibitangaza iby’iri vugabutumwa. Warakoze Mana ku bwab’abantu bawe b’akataraboneka. Amashimwe yose abe ayawe Data.”
Israel Mbonyi akomeje kwigarurira imitima ya benshi kuva yatangira kujya akora ibihangano biri mu giswahili. Kuri iyi nshuro afite indirimbo imaze umwaka umwe yitwa ‘Nina Sri’ imaze kurebwa inshuro zigera kuri Miliyoni 60 kuri YouTube.

Byari ibyishimo kubitabiriye iki gitaramo
  • Related Posts

    Amadini n’amatorero yose agiye guhurira muri Rwanda Shima Imana

    Imiryango ishingiye ku kwemera mu Rwanda iri gutegura igiterane cyiswe “Rwanda Shima Imana Festival” kizahuriza imbaga y’abantu muri Stade Amahoro tariki 29 Nzeri 2024. Abategura iki giterane bavuga ko kizahuza…

    Read more

    Korali Bethel igiye gufatanya na Korali Siloam mu giterane gikomeye kizabera muri Stade ya Rusizi

    Korali Bethel ya ADEPR Kamembe igiye gukorera igiterane gikomeye muri Stade y’akarere ka Rusizi, aho izafatanya na Korali Siloam yo mu rurembo rwa Kigali Itorero rya Kumukenke guhembura imitima y’abazakitabira.…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)