Abacururiza mu isoko ry’i Nyamirambo baratakamba kuko bagiye kwirukanwa

Isoko rya Rwezamenyo/Nyamirambo ryubatswe mu 1980, rigiye gusenywa kugira ngo hashyirwe inyubako z’ubucuruzi zigezweho.

Abacuruzi bo muri iryo soko bagera hafi kuri 700 bavuga ko ku wa Gatanu tariki 23 Kanama 2024, batunguwe no kumenyeshwa (binyuze kuri radio yo muri iryo soko), ko bitarenze icyumweru kimwe kugera tariki 30 Kanama 2024, bagomba kuba barivuyemo bagashaka ahandi bajya gukorera.

Aba barimo Nsengiyera Jean de Dieu umaze imyaka 16 ucururiza muri iryo soko ibijyanye n’ibiribwa ndetse n’imyambaro, akaba agira ati “Twe baradutunguye, bagombaga kutumenyesha hakiri kare ko bakeneye iri soko, bakaduha integuza(préavis), yanditse tugashaka aho dukorera.”

Nsengiyera avuga ko umucuruzi atajya apfa kubona ahandi yakwimukira. We na bagenzi be bagasaba guhabwa nibura igihe cy’amezi atandatu cyo kwitegura no gushaka ahandi muri uyu Mujyi wa Kigali bajya gukorera.

Bavuga ko icyumweru bahawe gishobora gushira hari abataravana ibicuruzwa byabo byose muri iryo soko, ndetse hakaba n’abavuga ko bafiti amadeni ya banki cyangwa se na bagenzi babo binyuze mu bimina.

Uwitwa Nyiraminani Claudine umaze imyaka 19 acururiza muri iryo soko rya Rwezamenyo, avuga ko impamvu basaba amezi atandatu, ari ukugira ngo ibimina bizabe byamaze kwishyura buri muntu bifitiye amafaranga, bitaba ibyo bamwe bakazagenda bambuye bagenzi babo.

Nyiraminani ati “Banyimuye muri iki cyumweru naba mpombye bikomeye, ibintu ntibyabona aho bijya, abana ntibajya ku ishuri, jyewe mfite umwenda w’ahitwa ku muzungu w’amezi atandatu, nkagira n’uwa banki w’imyaka itanu, ubu nari maze kwishyura imyaka ibiri, naba ngiye kuba bihemu n’umutungo wanjye nkawuhomba.”

N’ubwo bavuga ko bimuwe hutihuti cyangwa ikubagahu, iryo soko rifite uruzitiro rw’amabati rumaze hafi imyaka ibiri ruteguza ko hagiye kubakwa, aho rwiyemezamirimo wariguze n’Akarere ka Nyarugenge ngo yababwiraga ko najya kubaka azabaha igihe gihagije cyo kwitegura.

Aba bacuruzi bavuga ko iryo soko rimaze imyaka itanu abariguze bagaragaza ko bagiye kuhashyira inyubako zigezweho ariko ntibabikore, kandi n’ubu ngo nta kimenyetso (igishushanyo mbonera) cyerekana ko kwimuka byihutirwa cyane.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, avuga ko bagiye gusuzuma niba rwiyemezamirimo waguze iryo soko ataba arenze ku masezerano yagiranye n’abaricururizamo mu gihe yaba abimuye vuba, kuko ngo yakabaye yarahashyize inyubako zigezweho.

Ntirenganya agira ati “Hano muri Rwezamenyo umuntu urimo ni rwiyemezamirimo, ntabwo ari isoko ry’Umujyi wa Kigali, birasaba kumenya ngo ’bari bafitanye amasezerano ameze gute’, icyo twebwe twifuza ni uko yakabaye yubaka ibintu bizima ariko akaba atarabikora.”

Ntirenganya akavuga ko ikibazo kidashingiye ku kuba abo bacuruzi barahawe igihe gito cyo kwitegura kwimuka, ahubwo icyo bazareba ari ayo masezerano hagati ya rwiyemezamirimo n’abacuruzi.

Twavuganye n’uhagarariye rwiyemezamirimo waguze isoko rya Rwezamenyo, Jean Baptiste Dusabinema, avuga ko nta byinshi yavuga ku bijyanye no kwimura abo bacuruzi byihuse, kuko inzego z’ubuyobozi ngo zakiriye icyo kibazo zikazatanga igisubizo bitarenze kuri uyu wa Kabiri.

Source: Kigali Today

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Mu bakunda u Rwanda Umunyamerika Howard Buffet yabaye intangarugero

    Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), ruvuga ko umuntu wese ukunda u Rwanda ari uwerekana ibikorwa bigamije ineza n’inyungu by’Abanyarwanda b’ibyiciro byose, we atareba inyungu ze bwite. Umuyobozi…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi