Zambia: bafite ubwoba nyuma y’urupfu rw’imbwa zirenga 400 zariye ibigori bihumanye

Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cya Zambia yatangaje ko itewe impungenge n’ubuzima bw’abaturage bariye ibigori cyangwa umutsima wabyo (kawunga), byahumanijwe n’uruhumbu nyuma y’urupfu rw’imbwa zirenga 400 mu kwezi gishizwe kwa Nyakanga.

 

Uruhumbu ni imwe mu ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe zibasiye ibiribwa by’ibinyampeke biri mu bubiko(cyane cyane ibigori), rukaba ruje rukurikira amapfa yateye agace ka Afurika y’Amajyepfo no muri Zambia by’umwihariko.

Minisitiri w’Ubuzima muri icyo gihugu, Elijah Muchima, yatangaje ko mu bipimo 25 byafashwe mu nganda zisya ibigori, hafi 1/2 cyabyo hagaragayemo uburozi bwitwa ‘aflatoxin’ bukomoka ku ruhumbu.

 

N’ubwo Muchima avuga ko ibyavuye muri iryo suzuma bibahangayikishije cyane kubera ingaruka ku buzima bw’abaturage, ntabwo yeruye ngo avuge uko abariye ibyo bigori cyangwa umutsima wabyo bamerewe nyuma yo gupfusha imbwa nyinshi.

 

Muchima avuga ko ibigori byangijwe n’uruhumbu byakuwe ku isoko, ndetse n’inganda zibitunganya zikaba zabaye zihagaritswe.

 

Minisiteri y’Ubuhinzi muri Zambia ivuga ko amapfa yibasiye icyo gihugu yagize ingaruka ku bahinzi barenga miliyoni imwe, nk’uko iyi nkuru ya BBC ikomeza ibitangaza.

 

Minisiteri y’Ubuhinzi ya Leta zunze Ubumwe za Amerika yakoze ubushakashatsi bugaragaza ko ifunguro ry’ibigori ryihariye 60% by’ibitera imbaraga mu byo abaturage ba Zambia bafata buri munsi.

 

Impungenge ni nyinshi ku baturage ba Zambia kubera iyo mpamvu y’uko abariye ibigori cyangwa ifu yabyo ihumanye ari benshi.

Hari umudepite witwa Sunday Chanda utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zambia watangaje ku rubuga nkoranyambaga X ko ari mu bapfushije imbwa nkuru 6 mu cyumweru kimwe, zizira kurya kawunga ihumanye.

 

Leta y’icyo gihugu ivuga ko irimo gukora iperereza mu duce twose twagezemo ibigori birimo uburozi bwa aflatoxin, ariko hakaba n’iririmo gukorwa n’ishyirahamwe ry’inganda zitunganya ibinyampeke, ngo hamenyekane aho byagiye bikomoka.

 

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS/WHO) rivuga ko uburozi bwa aflatoxine bushobora guteza kanseri y’umwijima mu bantu.

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”