Korali Bethel igiye gufatanya na Korali Siloam mu giterane gikomeye kizabera muri Stade ya Rusizi

Korali Bethel ya ADEPR Kamembe igiye gukorera igiterane gikomeye muri Stade y’akarere ka Rusizi, aho izafatanya na Korali Siloam yo mu rurembo rwa Kigali Itorero rya Kumukenke guhembura imitima y’abazakitabira.

Iki giterane cyiba buri mwaka mu kwezi kwa 8 kimaze kuzana impinduka zifatika kuko kuva cyatangira mu mwaka wa 2018 abantu benshi bamaze kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza wabo binyuze mu butumwa bwiza bugitangirwamo.

Uyu mwaka iki giterane kizatangira kuwa gatandatu taliki 24 Kanama 2024 kugeza taliki 25 Kanama 2024 aho ku munsi wa mbere kizabera kuri ADEPR Kamembe guhera saa saba z’amanywa ahazwi nko mu Burunga, naho ku cyumweru iki giterane gikomereze muri Sitade y’akarere ka Rusizi guhera saa saba z’amanywa.

Muri iki giterane korali Bethel izafatanya na Korali Siloam kwamamaza inkuru nziza y’Agakiza (Izi korali zisanzwe zinafitanye umubano wihariye). Bazaba bari kumwe kandi na Pastor Rudasingwa Jean Claude na Ev Mutimura Thierry nk’abigisha b’Ijambo ry’Imana.

Mu kiganiro gito IYOBOKAMANA yagiranye na Bwana Sibonshuti Martin, Perezida wa Korali Bethel, yatubwiye ko intego nyamukuru y’iki giterane ari ugushaka ko abantu bahindukira bakava mu byaha bakakira Yesu bagakunda Imana n’Igihugu.

Tumubaza ku mpamvu yo gutumira korali Siloam yagize ati “Ni korali dusangiye umurimo w’ivugabutumwa ariko by’umwihariko tunafitanye umubano mwiza wihariye”.

Yashoje atubwira ko imyiteguro y’iki giterane igeze kure ndetse asaba abantu kuzaza muri iki giterane kuko bahishiwe byinshi.Korali Bethel ibarizwa mu karere Ka Rusizi Ururembo rwa Gihundwe Parroise ya Kamembe, ni imwe muri Korali zifite abakunzi benshi muri aka Karere no murw’imisozi igihumbi kubera indirimbo zayo zisize amavuta zirimo ‘Niwamamare’, ‘Sinzapfa’ ‘Wabaye intwari’ n’izindi.

Korali Siloam ni Korali ifite abakunzi benshi haba mu Itorero ADEPR no mu yandi matorero n’amadini ya Gikristo

Korali Siloam ni Korali ifite abakunzi benshi haba mu Itorero ADEPR no mu yandi matorero n’amadini ya Gikristo

Pastor Rudasingwa Jean Claude azagabura Ijambo ry’Imana muri iki Giterane

Source: iyobokamana.rw

  • Related Posts

    Ubusobanuro bw’Ikinyarwanda cy’ab’ubu, ‘ni danger’ ya Danny Vumbi

    Bamwe mu rubyiruko rw’u Rwanda bakomeje guhindura ururimi rw’Ikinyarwanda ku buryo bashobora kuruvuga ukayoberwa icyo bavuze, nk’uko umuhanzi witwa Daniel Semivumbi, uzwi nka Danny Vumbi, yabigize urwenya akashyira mu ndirimbo.…

    Read more

    Amadini n’amatorero yose agiye guhurira muri Rwanda Shima Imana

    Imiryango ishingiye ku kwemera mu Rwanda iri gutegura igiterane cyiswe “Rwanda Shima Imana Festival” kizahuriza imbaga y’abantu muri Stade Amahoro tariki 29 Nzeri 2024. Abategura iki giterane bavuga ko kizahuza…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi