Korali Bethel igiye gufatanya na Korali Siloam mu giterane gikomeye kizabera muri Stade ya Rusizi

Korali Bethel ya ADEPR Kamembe igiye gukorera igiterane gikomeye muri Stade y’akarere ka Rusizi, aho izafatanya na Korali Siloam yo mu rurembo rwa Kigali Itorero rya Kumukenke guhembura imitima y’abazakitabira.

Iki giterane cyiba buri mwaka mu kwezi kwa 8 kimaze kuzana impinduka zifatika kuko kuva cyatangira mu mwaka wa 2018 abantu benshi bamaze kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza wabo binyuze mu butumwa bwiza bugitangirwamo.

Uyu mwaka iki giterane kizatangira kuwa gatandatu taliki 24 Kanama 2024 kugeza taliki 25 Kanama 2024 aho ku munsi wa mbere kizabera kuri ADEPR Kamembe guhera saa saba z’amanywa ahazwi nko mu Burunga, naho ku cyumweru iki giterane gikomereze muri Sitade y’akarere ka Rusizi guhera saa saba z’amanywa.

Muri iki giterane korali Bethel izafatanya na Korali Siloam kwamamaza inkuru nziza y’Agakiza (Izi korali zisanzwe zinafitanye umubano wihariye). Bazaba bari kumwe kandi na Pastor Rudasingwa Jean Claude na Ev Mutimura Thierry nk’abigisha b’Ijambo ry’Imana.

Mu kiganiro gito IYOBOKAMANA yagiranye na Bwana Sibonshuti Martin, Perezida wa Korali Bethel, yatubwiye ko intego nyamukuru y’iki giterane ari ugushaka ko abantu bahindukira bakava mu byaha bakakira Yesu bagakunda Imana n’Igihugu.

Tumubaza ku mpamvu yo gutumira korali Siloam yagize ati “Ni korali dusangiye umurimo w’ivugabutumwa ariko by’umwihariko tunafitanye umubano mwiza wihariye”.

Yashoje atubwira ko imyiteguro y’iki giterane igeze kure ndetse asaba abantu kuzaza muri iki giterane kuko bahishiwe byinshi.Korali Bethel ibarizwa mu karere Ka Rusizi Ururembo rwa Gihundwe Parroise ya Kamembe, ni imwe muri Korali zifite abakunzi benshi muri aka Karere no murw’imisozi igihumbi kubera indirimbo zayo zisize amavuta zirimo ‘Niwamamare’, ‘Sinzapfa’ ‘Wabaye intwari’ n’izindi.

Korali Siloam ni Korali ifite abakunzi benshi haba mu Itorero ADEPR no mu yandi matorero n’amadini ya Gikristo

Korali Siloam ni Korali ifite abakunzi benshi haba mu Itorero ADEPR no mu yandi matorero n’amadini ya Gikristo

Pastor Rudasingwa Jean Claude azagabura Ijambo ry’Imana muri iki Giterane

Source: iyobokamana.rw

  • Related Posts

    Yitabaje TikTok asaba uwamufasha kubaga ingurube, haza abarenga 3000

    Umukobwa wo mu Bushinwa witwa Daidai yabuze uwafasha se w’umusaza kwica ingurube 2 z’umunsi mukuru, yandika ku mbuga nkoranyambaga (TikTok) abisaba, atungurwa no kubona abantu barenga 3,000 mu rugo iwabo…

    Read more

    Ubusobanuro bw’Ikinyarwanda cy’ab’ubu, ‘ni danger’ ya Danny Vumbi

    Bamwe mu rubyiruko rw’u Rwanda bakomeje guhindura ururimi rw’Ikinyarwanda ku buryo bashobora kuruvuga ukayoberwa icyo bavuze, nk’uko umuhanzi witwa Daniel Semivumbi, uzwi nka Danny Vumbi, yabigize urwenya akashyira mu ndirimbo.…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”