REG ikomeje iperereza ku cyateye ibura ry’umuriro kuri uyu wa Kabiri

Urwego rushinzwe Ingufu mu Rwanda, REG, rurasaba Abaturarwanda kwihanganira ikibazo cy’ibura ry’umuriro gikomeje kugaragara muri iyi minsi, ariko rukizeza ko kizabonerwa igisubizo ubwo ibyavuye mu iperereza bizaba bimaze kugaragara.

REG itangaje ibi nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Gashyantare 2026, hirya no hino mu Gihugu habaye ikibazo cy’ibura ry’umuriro cyamaze isaha irenga.

Geoffrey Zawadi, Umuvugizi wa REG, yaganiriye na KIGALIINFO ku murongo wa telefone agira ati “Turisegura ku bakiriya bacu n’ubwo REG ntacyo idakora mu bushobozi buhari uyu munsi kugira ngo Abanyarwanda babone umuriro udacikagurika, hari byinshi biba byakozwe ndetse na byinshi bikirimo gukorwa kugira ngo ibyo bibazo bikemuke.”

Zawadi asaba Abaturarwanda muri rusange kwihangana bakumva ko ibura ry’umuriro ari ikintu gishoboka, gihoraho kandi ko nta burangare buba bwabayeho, bikaba ngo biterwa n’ikibazo cyabayeho mu nzira uwo muriro unyuramo, cyangwa aho uturuka ku ruganda ruwutanga, cyangwa ku ikibazo cy’agace runaka.”

“Hari ibintu byinshi bishobora gutuma umuriro ubura, ni yo mpamvu tugira abatekinisiye bakora amasaha 24/24, icyaraye kibaye mu ijoro ryakeye ku mugoroba turacyarimo kugikorera iperereza kugira ngo tumenye umuzi wacyo w’aho cyaturutse,”nk’uko Zawadi yakomeje abisobanura.

Zawadi avuga ko atakwemeza cyangwa ngo ahakane niba ikibazo cyarahereye ku ngomero z’amashanyarazi u Rwanda rusangiye n’ibindi bihugu, nk’uko ari ho cyagaragaye ubushize.

Avuga ko n’ubwo bafata ingamba zingana iki kubura k’umuriro w’amashanyarazi ari ibintu bisanzwe, akaba agira inama abafite ibikorwa byakwangirika kujya bashaka ubundi buryo nko gukoresha imirasire y’izuba cyangwa imoteri zitanga amashanyarazi. Mu rugo na ho abantu bakaba bashobora gutunga ibikoresho bisharijwa bikabika umuriro kugira ngo nihavuka ikibazo bataba mu kizima.

Ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda ryatangiye kwigaragaza cyane kuva mu mpera z’umwaka ushize wa 2025, aho kuri uyu wa Kabiri yari inshuro ya gatatu ikibazo kibayeho kikamara isaha irenga.

  • Related Posts

    U Rwanda ntirutoteza amadini-Perezida Kagame

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko kuba insengero nyinshi zarafunzwe hirya no hino mu Gihugu, atari ugutoteza amadini,  ahubwo ko Leta irimo kurwanya abashinga insengero bagamije kwambura abaturage. Perezida…

    Read more

    U Rwanda n’u Bwongereza barimo gushakisha ahaturuka igishoro cyo gukonjesha ibiribwa

    Abakozi ba Leta y’u Rwanda hamwe n’ab’u Bwongereza bavuga ko barimo gushakisha abafatanyabikorwa babafasha kubona igishoro cyo guteza imbere gahunda yo gukumira iyangirika ry’umusaruro w’ubuhinzi hifashishijwe firigo zirekura imyuka itangiza akayunguruzo k’izuba. Inama…

    Read more

    Ntibigucike

    U Rwanda ntirutoteza amadini-Perezida Kagame

    U Rwanda ntirutoteza amadini-Perezida Kagame

    U Rwanda n’u Bwongereza barimo gushakisha ahaturuka igishoro cyo gukonjesha ibiribwa

    U Rwanda n’u Bwongereza barimo gushakisha ahaturuka igishoro cyo gukonjesha ibiribwa

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?