Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda itangaje ko
ifitanye ubuhuzabikorwa mu by’umutekano n’umutwe wa AFC/M23, Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na we yasubije kuri uyu wa Gatandatu ko igihe cyo gusaba no kwinginga kirangiye ahubwo hakurikiyeho gushyira mu bikorwa ibyo buri muntu yemeye.

U Rwanda ruvuga ko guhuza ibikorwa na AFC/M23 bishingiye ku nyungu zihuriweho zo kurinda Abatutsi bamaze igihe bibasirwa na FDLR hamwe n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu ijambo Perezida Tshisekedi yavuze atangiza gahunda y’ibiganiro bigamije gusasa inzobe, bizakorwa hose muri Congo Kinshasa, yaboneyeho kugira icyo avuga ku nyandiko Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika (USA), Mathilde Mukantabana, yatangarije Inteko y’icyo gihugu ku wa 22 Mutarama 2026.

Amb. Mukantabana yasomye iyo nyandiko avuga ko u Rwanda ruhuza ibikorwa na AFC/M23 ku mpamvu zo ‘kurinda Abanyekongo b’Abatutsi bahohoterwa na Leta yabo hifashishijwe FDLR’, umutwe w’Abanyarwanda bari muri Congo bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda.”

Indi mpamvu u Rwanda rusobanura yo guhuza ibikorwa na AFC/M23 ijyanye no kurinda Umutekano warwo, kuko ishima uyu mutwe kuba uhagaze ku mupaka wose w’iburengerazuba u Rwanda rusangiye na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byashimangiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe kuri uyu Gatanu.

Ibi ariko Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi ntabikozwa, akaba yagize ati “Uku kwemera(k’u Rwanda) gutangajwe ni intambwe y’ingenzi cyane kuko bigabanya umwanya wo guhakana, bikerekana uruhare(rwarwo), kandi bigatuma buri muntu ava ku gusaba yinginga ahubwo hagashyirwa mu bikorwa ingamba, zaba amahame mpuzamahanga, zaba imyanzuro y’Akanama (ka LONI) gashinzwe Umutekano, ndetse n’amasezerano ya politiki yemejwe ku bushake.”

Perezida Tshisekedi yakomeje agira ati “Ariko munyemerere nsobanure neza iby’iyi ngingo, nta mpamvu n’imwe, nta nkuru n’imwe, nta n’igisobanuro na kimwe cyaba impamvu ishingiye ku mutekano, bishobora gushyigikira kwigarurira ku ngufu, gushyiraho ubutegetsi bubangikanye n’ubundi, kwimura abantu ku ngufu, cyangwa gusahura umutungo, hagamijwe guhungabanya Leta igize Umuryango w’Abibumbye.”

Perezida Tshisekedi avuga ko n’ubwo ibiganiro n’ubusabane bizaba hose muri Congo, abaregwa ibyaha byo kwica Abanyekongo batari mu bazategwa amatwi.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”