Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) ifatanyije n’izindi nzego, bahuje ubutwari no kuvuga Ikinyarwanda kiboneye kitavanze n’izindi ndimi cyangwa amagambo mashya yadutse mu rubyiruko rw’iki gihe.
MINUBUMWE ifatanyije n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO)hamwe n’Inteko y’Umuco, bateguye ubukangurambaga bwo kurwanya imvugo zikoreshwa cyane cyane mu buhanzi no mu Itangazamakuru ry’imikino n’imyidagaduro, ndetse n’umuco wo kuvanga indimi uranga bamwe mu bayobozi bavanga Ikinyarwanda n’Icyongereza (Ikinyanglais).

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, mu kiganiro n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri yagize ati “(Mu Kinyarwanda cy’ubu harimo) za ‘ing’ nyinshi, ibintu utamenya ibyo ari byo.”
Yakomeje agira ati “Abahanzi b’ubu ujya kumva ngo ‘yatwitse’, ‘ejo hazashya’, gutwika muzi ibyo ari byo! Iyo uvuze ngo gutwika, ni ukujya gutwika ingo z’Abatutsi! Ni cyo bivuze mu mateka y’u Rwanda. Mugomba gukoresha Ikinyarwanda kiboneye kugira ngo n’abato bakoreshe Ikinyarwanda kiboneye, ni ryo shema ryacu, ni bwo butwari!”
Dr Bizimana avuga ko ibigo by’Imari (amabanki) na byo biri mu bikwiye gukoresha Ikinyarwanda mu masezerano y’inguzanyo bigirana n’abakiriya babyo, mu rwego rwo kubarinda ibihombo biterwa no kudasobanukirwa uburyo bazishyura.
Intebe y’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera, yasobanuye zimwe mu mpamvu zigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’urwo rwego, zituma Abanyarwanda barimo kwica ururimi rwabo nyamara hafi ya bose baruzi, harimo gushaka ‘kwigaragaza ko ufite ubuhanga mu zindi ndimi ndetse n’ubwirasi.’
Amb Masozera agira ati “Hari n’urwiganwa cyangwa gushaka kwisanisha n’abavuga rikijyana bavanga izindi ndimi. Ariko byagaragaye ko hari n’abafite ubumenyi buke mu Kinyarwanda kubera ingaruka z’amateka y’ababaye mu buhungiro, hakaza rero n’indi mpamvu iteye impungenge yo kumva ko ‘nta cyo bitwaye kuba wavanga ururimi ukarukoresha nabi.”
Umuyobozi Mukuru wa CHENO, Ngarambe François D’Assise, avuga ko mu bukangurambaga bushishikariza abantu ubutwari no gukoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda, hazabaho gusaba abakuze bazi kwandika, kujya bandikira abato mu Kinyarwanda kiboneye, amakuru y’ibintu bigezweho mu isi y’iki gihe.
MINUBUMWE ivuga ko izakorana n’inzego zitandukanye mu Rwanda kugira ngo zifatanye kugarura Ikinyarwanda kirimo kugenda gihinduka ukundi, nyamara ngo ari cyo nzira Intwari zanyuzemo zihanga kandi zubaka u Rwanda nk’uko abantu barubona kugeza ubu.








