Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) ifatanyije n’izindi nzego, bahuje ubutwari no kuvuga Ikinyarwanda kiboneye kitavanze n’izindi ndimi cyangwa amagambo mashya yadutse mu rubyiruko rw’iki gihe.

MINUBUMWE ifatanyije n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO)hamwe n’Inteko y’Umuco, bateguye ubukangurambaga bwo kurwanya imvugo zikoreshwa cyane cyane mu buhanzi no mu Itangazamakuru ry’imikino n’imyidagaduro, ndetse n’umuco wo kuvanga indimi uranga bamwe mu bayobozi bavanga Ikinyarwanda n’Icyongereza (Ikinyanglais).

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, mu kiganiro n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri yagize ati “(Mu Kinyarwanda cy’ubu harimo) za ‘ing’ nyinshi, ibintu utamenya ibyo ari byo.”

Yakomeje agira ati “Abahanzi b’ubu ujya kumva ngo ‘yatwitse’, ‘ejo hazashya’, gutwika muzi ibyo ari byo! Iyo uvuze ngo gutwika, ni ukujya gutwika ingo z’Abatutsi! Ni cyo bivuze mu mateka y’u Rwanda. Mugomba gukoresha Ikinyarwanda kiboneye kugira ngo n’abato bakoreshe Ikinyarwanda kiboneye, ni ryo shema ryacu, ni bwo butwari!”

Dr Bizimana avuga ko ibigo by’Imari (amabanki) na byo biri mu bikwiye gukoresha Ikinyarwanda mu masezerano y’inguzanyo bigirana n’abakiriya babyo, mu rwego rwo kubarinda ibihombo biterwa no kudasobanukirwa uburyo bazishyura.

Intebe y’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera, yasobanuye zimwe mu mpamvu zigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’urwo rwego, zituma Abanyarwanda barimo kwica ururimi rwabo nyamara hafi ya bose baruzi, harimo gushaka ‘kwigaragaza ko ufite ubuhanga mu zindi ndimi ndetse n’ubwirasi.’

Amb Masozera agira ati “Hari n’urwiganwa cyangwa gushaka kwisanisha n’abavuga rikijyana bavanga izindi ndimi. Ariko byagaragaye ko hari n’abafite ubumenyi buke mu Kinyarwanda kubera ingaruka z’amateka y’ababaye mu buhungiro, hakaza rero n’indi mpamvu iteye impungenge yo kumva ko ‘nta cyo bitwaye kuba wavanga ururimi ukarukoresha nabi.”

Umuyobozi Mukuru wa CHENO, Ngarambe François D’Assise, avuga ko mu bukangurambaga bushishikariza abantu ubutwari no gukoresha neza ururimi rw’Ikinyarwanda, hazabaho gusaba abakuze bazi kwandika, kujya bandikira abato mu Kinyarwanda kiboneye, amakuru y’ibintu bigezweho mu isi y’iki gihe.

MINUBUMWE ivuga ko izakorana n’inzego zitandukanye mu Rwanda kugira ngo zifatanye kugarura Ikinyarwanda kirimo kugenda gihinduka ukundi, nyamara ngo ari cyo nzira Intwari zanyuzemo zihanga kandi zubaka u Rwanda nk’uko abantu barubona kugeza ubu.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka