Ihene zitwa Shami zaba igisubizo ku guhangana n’amapfa n’imirire mibi

Ihene zitwa Shami cyangwa ihene y’i Damasiko (Damascus goat) zororerwa mu bice by’isi bishyuha cyane aho bagira izuba ryinshi, zaba igisubizo ku baturage bibasirwa n’amapfa kuko zihanganira imihindagurikire y’ibihe, zikororoka cyane ndetse zigatanga umukamo mwinshi(litiro 3-5 ku munsi.

Ni ihene zikomoka mu Burasirazuba bwo Hagati cyane cyane mu karere k’igihugu cya Siriya gifite umurwa mukuru witwa Damasiko hamwe no muri Libani, zikaba zirangwa no kugira umutwe munini n’amatwi maremare cyane amanuka agana hasi, zikagira icebe n’amabere manini, ariko zikagira umubyimba muto w’itungo ridakenera kurya byinshi.

Zirya ibishishwa by’amafunguro agiye gutekwa cyangwa ibisigazwa y’imyaka yasaruwe mu mirima ndetse n’amababi y’ibiti bikurira ahantu hashyuha kandi hibasirwa n’amapfa.

Urubuga Agrinews24 hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi FAO, bashimira izi hene kuba zirya bike kandi byoroshye kuboneka mu baturage b’amikoro make, ariko zigatanga amata menshi kandi akungahaye ku ntungamubiri zirwanya imirire mibi.

Ni ihene zikura vuba kuko nyuma y’amezi 6-8 iba igeze igihe cyo kwima kandi yabyara akenshi ikabyara abana(abagazi) barenze umwe.

Zishoboye guhangana n’ubushyuhe bwinshi ndetse n’imihindagurikire y’ibihe, bitewe n’uko amatwi yazo afite uburebure bukabije ayifasha gukonjesha amaraso avuye hirya no hino mu mubiri mu gihe cy’ubushyuhe bwinshi, agasubira mu mubiri yamaze guhora.

Ubu bwoko bw’ihene ntabwo bushobora kwihanganira ahantu hakonje kuko amatwi yazo nk’urugingo ruyifasha gukonjesha umubiri, iyo ahuye n’ubukonje bwinshi atangira gukomereka bikayiviramo uburwayi.

Aya matwi kandi uretse kuyifasha kuba ahantu hashyushye, ni itungo ryumva cyane amajwi y’ibintu biri kure, ikamenya niba hari inyamaswa cyangwa abantu bari hafi aho bashobora kuyigirira nabi igatanga imbuzi, ndetse ikabasha kumenya impinduka z’ikirere kuko yumvira kure urusaku rw’imiyaga n’ibindi.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge