Amato n’indege by’intambara byasatiriye Iran, ingendo muri ako gace zahagaze

Ubwato bw’intambara bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika USS Abraham Lincoln bumaze iminsi buhagaritse gutanga amakuru agaragaza aho buherereye igihe bwari bumaze kwegera Uburasirazuba bwo Hagati, bikaba byateje ubwoba mu  buhugu byo muri ako gace cyane cyane Iran ko ishobora gutungurwa.

Ibi bishimangirwa na Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump waraye agize ati ”Dufite ubwato bwinshi bwerekeje hariya (hafi ya Iran). Simbona bukoreshwa ariko turakomeza gucungira hafi Iran.

Perezida Trump yasobanuye ko ubwato bw’intambara butwara indege ari bwo bwerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati.

Abasesengura iby’urugendo rw’ubwato bwa USS Abraham Lincoln (bugenda bushagawe n’andi mato y’intambara ndetse n’uburyo bwo kurinda ikirere) bavuga ko kwihisha kwayo ari uburyo bwo gutegura igitero gitunguranye kuri Iran nk’uko Venezuela yatunguwe kugera n’ubwo Perezida w’icyo gihugu afatwa nta muntu n’umwe urabutswe.

Uretse amato y’Abanyamerika yagiye mu Burasirazuba bwo Hagati, hari n’indege z’intambara z’u Bwongereza, zo mu bwoko bwa Typhoon zagiye muri Qatar gufasha mu ntambara ishobora kwaduka.

Tugarutse kuri USS Abraham, twavuga ko yatangiye kugenda yihishije (itaboneka muri Radar) mu buryo buzwi nka “going dark”, ubwo yari igeze mu muhora w’amazi (détroit) witwa Malacca uri hagati ya Indonesia na Malaysia mbere yo kuzamuka inyanja y’u Buhinde yerekeza mu Burasirazuba bwo Hagati.

Intego ubwo bwato bwari bufite  yari iyo kugera aho bwateguriwe gukorera ibikorwa bya gisirikare mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati nta muntu n’umwe mu banzi umenye aho buherereye.

Ubu bwato butagaragara mu ikoranabuhanga rya radar rishinzwe kugenzura amato mu nyanja, bukaba bushobora gutungurana bukigaragaza buri ku nkengero z’inyanja hafi y’ibihugu by’abanzi ba Amerika igihe cyose bubishakiye.

Mu mujinya mwinshi, Iran yatangaje ko gihe ubwo bwato bwayigabaho ibitero cyangwa bugatera ikindi gihugu icyo ari cyo cyose mu karere iherereyemo, ifite uburenganzira bwo gukoresha inzira zose mu kwitabara.

Bitewe n’uyu mutekano muke uri mu karere   k’Uburasirazuba bwo Hagati, kompanyi z’indege zitwara abagenzi z’u Bufaransa n’u Buholandi zatangaje ko zihagaritse ingendo z’indege muri ako gace.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”