Amato n’indege by’intambara byasatiriye Iran, ingendo muri ako gace zahagaze

Ubwato bw’intambara bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika USS Abraham Lincoln bumaze iminsi buhagaritse gutanga amakuru agaragaza aho buherereye igihe bwari bumaze kwegera Uburasirazuba bwo Hagati, bikaba byateje ubwoba mu  buhugu byo muri ako gace cyane cyane Iran ko ishobora gutungurwa.

Ibi bishimangirwa na Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump waraye agize ati ”Dufite ubwato bwinshi bwerekeje hariya (hafi ya Iran). Simbona bukoreshwa ariko turakomeza gucungira hafi Iran.

Perezida Trump yasobanuye ko ubwato bw’intambara butwara indege ari bwo bwerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati.

Abasesengura iby’urugendo rw’ubwato bwa USS Abraham Lincoln (bugenda bushagawe n’andi mato y’intambara ndetse n’uburyo bwo kurinda ikirere) bavuga ko kwihisha kwayo ari uburyo bwo gutegura igitero gitunguranye kuri Iran nk’uko Venezuela yatunguwe kugera n’ubwo Perezida w’icyo gihugu afatwa nta muntu n’umwe urabutswe.

Uretse amato y’Abanyamerika yagiye mu Burasirazuba bwo Hagati, hari n’indege z’intambara z’u Bwongereza, zo mu bwoko bwa Typhoon zagiye muri Qatar gufasha mu ntambara ishobora kwaduka.

Tugarutse kuri USS Abraham, twavuga ko yatangiye kugenda yihishije (itaboneka muri Radar) mu buryo buzwi nka “going dark”, ubwo yari igeze mu muhora w’amazi (détroit) witwa Malacca uri hagati ya Indonesia na Malaysia mbere yo kuzamuka inyanja y’u Buhinde yerekeza mu Burasirazuba bwo Hagati.

Intego ubwo bwato bwari bufite  yari iyo kugera aho bwateguriwe gukorera ibikorwa bya gisirikare mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati nta muntu n’umwe mu banzi umenye aho buherereye.

Ubu bwato butagaragara mu ikoranabuhanga rya radar rishinzwe kugenzura amato mu nyanja, bukaba bushobora gutungurana bukigaragaza buri ku nkengero z’inyanja hafi y’ibihugu by’abanzi ba Amerika igihe cyose bubishakiye.

Mu mujinya mwinshi, Iran yatangaje ko gihe ubwo bwato bwayigabaho ibitero cyangwa bugatera ikindi gihugu icyo ari cyo cyose mu karere iherereyemo, ifite uburenganzira bwo gukoresha inzira zose mu kwitabara.

Bitewe n’uyu mutekano muke uri mu karere   k’Uburasirazuba bwo Hagati, kompanyi z’indege zitwara abagenzi z’u Bufaransa n’u Buholandi zatangaje ko zihagaritse ingendo z’indege muri ako gace.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge