Ubwato bw’intambara bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika USS Abraham Lincoln bumaze iminsi buhagaritse gutanga amakuru agaragaza aho buherereye igihe bwari bumaze kwegera Uburasirazuba bwo Hagati, bikaba byateje ubwoba mu buhugu byo muri ako gace cyane cyane Iran ko ishobora gutungurwa.
Ibi bishimangirwa na Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump waraye agize ati ”Dufite ubwato bwinshi bwerekeje hariya (hafi ya Iran). Simbona bukoreshwa ariko turakomeza gucungira hafi Iran.
Perezida Trump yasobanuye ko ubwato bw’intambara butwara indege ari bwo bwerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati.
Abasesengura iby’urugendo rw’ubwato bwa USS Abraham Lincoln (bugenda bushagawe n’andi mato y’intambara ndetse n’uburyo bwo kurinda ikirere) bavuga ko kwihisha kwayo ari uburyo bwo gutegura igitero gitunguranye kuri Iran nk’uko Venezuela yatunguwe kugera n’ubwo Perezida w’icyo gihugu afatwa nta muntu n’umwe urabutswe.
Uretse amato y’Abanyamerika yagiye mu Burasirazuba bwo Hagati, hari n’indege z’intambara z’u Bwongereza, zo mu bwoko bwa Typhoon zagiye muri Qatar gufasha mu ntambara ishobora kwaduka.

Tugarutse kuri USS Abraham, twavuga ko yatangiye kugenda yihishije (itaboneka muri Radar) mu buryo buzwi nka “going dark”, ubwo yari igeze mu muhora w’amazi (détroit) witwa Malacca uri hagati ya Indonesia na Malaysia mbere yo kuzamuka inyanja y’u Buhinde yerekeza mu Burasirazuba bwo Hagati.
Intego ubwo bwato bwari bufite yari iyo kugera aho bwateguriwe gukorera ibikorwa bya gisirikare mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati nta muntu n’umwe mu banzi umenye aho buherereye.
Ubu bwato butagaragara mu ikoranabuhanga rya radar rishinzwe kugenzura amato mu nyanja, bukaba bushobora gutungurana bukigaragaza buri ku nkengero z’inyanja hafi y’ibihugu by’abanzi ba Amerika igihe cyose bubishakiye.
Mu mujinya mwinshi, Iran yatangaje ko gihe ubwo bwato bwayigabaho ibitero cyangwa bugatera ikindi gihugu icyo ari cyo cyose mu karere iherereyemo, ifite uburenganzira bwo gukoresha inzira zose mu kwitabara.
Bitewe n’uyu mutekano muke uri mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, kompanyi z’indege zitwara abagenzi z’u Bufaransa n’u Buholandi zatangaje ko zihagaritse ingendo z’indege muri ako gace.







