Amato n’indege by’intambara byasatiriye Iran, ingendo muri ako gace zahagaze

Ubwato bw’intambara bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika USS Abraham Lincoln bumaze iminsi buhagaritse gutanga amakuru agaragaza aho buherereye igihe bwari bumaze kwegera Uburasirazuba bwo Hagati, bikaba byateje ubwoba mu  buhugu byo muri ako gace cyane cyane Iran ko ishobora gutungurwa.

Ibi bishimangirwa na Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump waraye agize ati ”Dufite ubwato bwinshi bwerekeje hariya (hafi ya Iran). Simbona bukoreshwa ariko turakomeza gucungira hafi Iran.

Perezida Trump yasobanuye ko ubwato bw’intambara butwara indege ari bwo bwerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati.

Abasesengura iby’urugendo rw’ubwato bwa USS Abraham Lincoln (bugenda bushagawe n’andi mato y’intambara ndetse n’uburyo bwo kurinda ikirere) bavuga ko kwihisha kwayo ari uburyo bwo gutegura igitero gitunguranye kuri Iran nk’uko Venezuela yatunguwe kugera n’ubwo Perezida w’icyo gihugu afatwa nta muntu n’umwe urabutswe.

Uretse amato y’Abanyamerika yagiye mu Burasirazuba bwo Hagati, hari n’indege z’intambara z’u Bwongereza, zo mu bwoko bwa Typhoon zagiye muri Qatar gufasha mu ntambara ishobora kwaduka.

Tugarutse kuri USS Abraham, twavuga ko yatangiye kugenda yihishije (itaboneka muri Radar) mu buryo buzwi nka “going dark”, ubwo yari igeze mu muhora w’amazi (détroit) witwa Malacca uri hagati ya Indonesia na Malaysia mbere yo kuzamuka inyanja y’u Buhinde yerekeza mu Burasirazuba bwo Hagati.

Intego ubwo bwato bwari bufite  yari iyo kugera aho bwateguriwe gukorera ibikorwa bya gisirikare mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati nta muntu n’umwe mu banzi umenye aho buherereye.

Ubu bwato butagaragara mu ikoranabuhanga rya radar rishinzwe kugenzura amato mu nyanja, bukaba bushobora gutungurana bukigaragaza buri ku nkengero z’inyanja hafi y’ibihugu by’abanzi ba Amerika igihe cyose bubishakiye.

Mu mujinya mwinshi, Iran yatangaje ko gihe ubwo bwato bwayigabaho ibitero cyangwa bugatera ikindi gihugu icyo ari cyo cyose mu karere iherereyemo, ifite uburenganzira bwo gukoresha inzira zose mu kwitabara.

Bitewe n’uyu mutekano muke uri mu karere   k’Uburasirazuba bwo Hagati, kompanyi z’indege zitwara abagenzi z’u Bufaransa n’u Buholandi zatangaje ko zihagaritse ingendo z’indege muri ako gace.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka