Mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Mutarama 2026 (kuva taliki ya 21 kugeza taliki ya 31), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 7 na 110, ikaba iri ku kigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Impuzandengo y’imvura igwa mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Mutarama mu Rwanda hose, ubusanzwe iba ibarirwa hagati ya milimetero 10 na milimetero hafi 100, ariko ikaba ishobora kurenga iyo ari mu bice bijya bibonekamo imvura nyinshi.
Ukwezi kwa Mutarama gusanzwe kurangwa akenshi n’ibihe by’izuba ry’Urugaryi rukunze kugeza hagati mu kwa kabiri, hagakurikiraho ibihe by’Itumba. Ni igihe cyo gusarura imyaka iba yeze ndetse no guhinga imyaka izezwa n’imvura y’Itumba.
Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’umunsi umwe (1) n’itatu (3) bitewe n’imiterere ya buri hantu. Imvura iteganyijwe izaturuka ku isangano ry’imiyaga iva mu gice cy’amajyepfo y’Isi rizamuka rigana mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no ku miterere y’ahantu.

Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 21 na 31, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 9 na 18.
Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na 12 ku isegonda, uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.







