Kiliziya Gatolika yavuze ku gisa n’amabonekerwa yabereye i Musanze

Itangazo rigenewe Abanyamakuru ryashyizweho umukono na Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Busogo, rivuga ko hari igisa n’amabonekerwa yabereye i Musanze ku wa Gatanu w’iki Cyumweru gishize ariko akaba ataremezwa na Kiliziya.

Iryo tangazo rivuga ko nyuma y’inkuru yasakaye kuva kuri uyu wa gatanu tariki 16 Mutarama 2026, ko ku ishuri rya G.S
Rwinzovu habaye ibisa n’amabonekerwa,
Padiri mukuru wa Paroisse ya Busogo yibukije abakristu bose ko Ukwemera kwa Kiliziya gushingiye ku byanditswe Bitagatifu, Inyigisho z’Ububyobozi bwa Kiliziya hamwe n’Uruhererekane rwa Kiliziya.

Iryo tangazo rigira riti “Amabonekerwa yemerwa na Kiliziya amaze gusuzumanwa ubushishozi, hamaze kurebwa ubutumwa bw’ayo mabonekerwa, ababonekerwa niba
bafite ubuzima buzira umuze cyangwa ubwo mu mutwe ndetse no kureba
niba ubutumwa bwayatangiwemo bwaragize uruhare mu myitwarire
myiza y’abakristu.”

Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Busogo akomeza asaba abantu gusengera ahantu hemewe kandi hafite umutekano
uhagije, kurangwa n’ubushishozi mu
kwemera kwabo birinda ibihuha no gutanga ubutumwa butera abantu urujijo
n’ubwoba.

Padiri Mukuru akomeza avuga ko ibindi bigomba guharirwa Kiliziya “nk’Umubyeyi utureberera kandi udufasha ‘gushungura no kumenya ibiri muri ayo mabonekerwa bigamije umuhamagaro nyakuri Kristu agenera Kiliziya, cyangwa uw’abatagatifujwe be’ (Gatigisimu ya Kiliziya, n. 67)”.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge