Amakuru ku mbuga nkoranyambaga: Ubukwe bwa Niyo Bosco

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gutambuka amakuru atandukanye kuri uyu wa Gatanu, ariko amwe muri yo ni avuga ku bukwe bw’Umuhanzi Niyo Bosco, umuturirwa muremure ugiye kubakwa iruhande rwa Convention Centre, Amatora muri Uganda, ndetse n’uburyo Gare ya Nyabugogo izaba iteye

Ubukwe: Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta Irene

Umuhanzi Niyo Bosco ufite ubumuga bwo kutabona yambitse impeta umukunzi we Irene mu bukwe bwabereye i Gikondo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Mutarama 2026. Ushobora kureba hano link ya tumwe mu duce tugize video y’ubwo bukwe https://youtu.be/qAJF9rAko5s?si=VyYYIe9r7oG6aHXc

Mu bandi bahanzi bitabiriye ubwo bukwe harimo Bwiza, Nyambo na Nana.

Iyubakwa ry’umuturirwa muremure hafi ya Convention Centre

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb Jean de Dieu Uwihanganye hamwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, kuri uyu wa Kane batangije iyubakwa ry’umuturirwa muremure uzitwa Parklane Center, hafi ya Kigali Convention Center.

Amatora muri Uganda: Perezida Yoweri Museveni akomeje kurusha Bobi Wine

Mu ibarura ry’amajwi y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, umukambwe Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 y’ubukure akomeje kuza imbere y’umuhanzi bahanganye, Robert Kyagulanyi (uzwi ku izina rya Bobi Wine).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Komisiyo y’Amatora muri Uganda, yavugaga ko Yoweri Kaguta Museveni ari imbere n’amajwi 76%, mu gihe Bobi Wine afite amajwi 20%. Gusa amajwi aracyarimo kubarurwa.

Mu gihe ibarura ryakomeza gutya, Perezida Museveni yahita yegukana manda ya karindwi nk’Umukuru w’Igihugu wa Uganda wayoboye kuva mu 1986.

Igishushanyo mbonera cya Gare ya Nyabugogo

Ku mbuga nkoranyambaga hajomeje kugaragara inyubako ziteye amabengeza, zirimo kuvugwaho kuba ari cyo gishushanyo mbonera cy’uburyo Gare ya Nyabugogo izaba iteye, ubwo izaba imaze kuvugurwa bitarenze umwaka wa 2029.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge