Amakuru ku mbuga nkoranyambaga: Ubukwe bwa Niyo Bosco

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gutambuka amakuru atandukanye kuri uyu wa Gatanu, ariko amwe muri yo ni avuga ku bukwe bw’Umuhanzi Niyo Bosco, umuturirwa muremure ugiye kubakwa iruhande rwa Convention Centre, Amatora muri Uganda, ndetse n’uburyo Gare ya Nyabugogo izaba iteye

Ubukwe: Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta Irene

Umuhanzi Niyo Bosco ufite ubumuga bwo kutabona yambitse impeta umukunzi we Irene mu bukwe bwabereye i Gikondo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Mutarama 2026. Ushobora kureba hano link ya tumwe mu duce tugize video y’ubwo bukwe https://youtu.be/qAJF9rAko5s?si=VyYYIe9r7oG6aHXc

Mu bandi bahanzi bitabiriye ubwo bukwe harimo Bwiza, Nyambo na Nana.

Iyubakwa ry’umuturirwa muremure hafi ya Convention Centre

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb Jean de Dieu Uwihanganye hamwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, kuri uyu wa Kane batangije iyubakwa ry’umuturirwa muremure uzitwa Parklane Center, hafi ya Kigali Convention Center.

Amatora muri Uganda: Perezida Yoweri Museveni akomeje kurusha Bobi Wine

Mu ibarura ry’amajwi y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, umukambwe Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 y’ubukure akomeje kuza imbere y’umuhanzi bahanganye, Robert Kyagulanyi (uzwi ku izina rya Bobi Wine).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Komisiyo y’Amatora muri Uganda, yavugaga ko Yoweri Kaguta Museveni ari imbere n’amajwi 76%, mu gihe Bobi Wine afite amajwi 20%. Gusa amajwi aracyarimo kubarurwa.

Mu gihe ibarura ryakomeza gutya, Perezida Museveni yahita yegukana manda ya karindwi nk’Umukuru w’Igihugu wa Uganda wayoboye kuva mu 1986.

Igishushanyo mbonera cya Gare ya Nyabugogo

Ku mbuga nkoranyambaga hajomeje kugaragara inyubako ziteye amabengeza, zirimo kuvugwaho kuba ari cyo gishushanyo mbonera cy’uburyo Gare ya Nyabugogo izaba iteye, ubwo izaba imaze kuvugurwa bitarenze umwaka wa 2029.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye