U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare barwo b’inzobere mu bwubatsi (military engineers), bakaba bagiye gufasha icyo gihugu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa, mu mpera z’umwaka ushize.

Izi Ngabo (zitahise zitangazwa umubare) zoherejwe mu kirwa cya Jamaica cyo muri Careabeans (Caraïbes) hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, agamije gutanga ubufasha mu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza.

Ubuyobozi bwa RDF bwatangaje ko mbere y’uko aba basirikare bahaguruka ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali berekeza muri Jamaica, bahawe impanuro na Brigadier General Faustin Tinka, Umuyobozi wa Diviziyo ishinzwe gukoresha imodoka z’intambara mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yabibukije ko bagomba gukoresha ubumenyi, ubunyamwuga n’ubuhanga bafite, kugira ngo barangize neza ubutumwa bahawe n’ubuyobozi bwa RDF.

Yabasabye gukora ku buryo abaturage bazahabwa ubu bufasha bazishimira umusanzu wabo, kandi bagaharanira kurangwa n’indangagaciro za RDF zirimo ikinyabupfura nk’ishingiro ry’imikorere y’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yagize ati “Ni izi ndangagaciro zatumye muhabwa ubu butumwa.” Yabibukije ko igihe cyose baba bakwiye kurushaho kurangwa n’indangagaciro za RDF.

Inkubi y’Umuyaga(Hurricane) yiswe Melissa yibasiye ibirwa bya Karayibe mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2025, by’umwihariko muri Jamaica ikaba yarahitanye abantu barenga 45, abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi 600 bagirwaho ingaruka zo gukomereka no kwangirizwa imitungo irimo inzu, amatungo, imyaka n’ibikorwaremezo bitandukanye.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge