U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare barwo b’inzobere mu bwubatsi (military engineers), bakaba bagiye gufasha icyo gihugu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa, mu mpera z’umwaka ushize.

Izi Ngabo (zitahise zitangazwa umubare) zoherejwe mu kirwa cya Jamaica cyo muri Careabeans (Caraïbes) hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, agamije gutanga ubufasha mu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza.

Ubuyobozi bwa RDF bwatangaje ko mbere y’uko aba basirikare bahaguruka ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali berekeza muri Jamaica, bahawe impanuro na Brigadier General Faustin Tinka, Umuyobozi wa Diviziyo ishinzwe gukoresha imodoka z’intambara mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yabibukije ko bagomba gukoresha ubumenyi, ubunyamwuga n’ubuhanga bafite, kugira ngo barangize neza ubutumwa bahawe n’ubuyobozi bwa RDF.

Yabasabye gukora ku buryo abaturage bazahabwa ubu bufasha bazishimira umusanzu wabo, kandi bagaharanira kurangwa n’indangagaciro za RDF zirimo ikinyabupfura nk’ishingiro ry’imikorere y’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yagize ati “Ni izi ndangagaciro zatumye muhabwa ubu butumwa.” Yabibukije ko igihe cyose baba bakwiye kurushaho kurangwa n’indangagaciro za RDF.

Inkubi y’Umuyaga(Hurricane) yiswe Melissa yibasiye ibirwa bya Karayibe mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2025, by’umwihariko muri Jamaica ikaba yarahitanye abantu barenga 45, abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi 600 bagirwaho ingaruka zo gukomereka no kwangirizwa imitungo irimo inzu, amatungo, imyaka n’ibikorwaremezo bitandukanye.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”