Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bwabujije abantu kugura no kugurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje, kugira ngo burengere abahinzi bamariraga umusaruro w’ibigori mu murima bitarera.
Itangazo Ubuyobozi bw’uwo Murenge bwasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2025, rigira riti “Mu rwego rwo gukumira igikorwa cyo gucuruza ibigori biteze no kubyotsa ku mbarura hagamijwe ubucuruzi butuma abahinzi bahendwa n’abamamyi, bigateza n’ubukene mu miryango, ubuyobozi bw’umurenge wa Rubengera buramenyesha abaturage bose ko nta wemerewe kugurisha, kugura no gucuruza ibigori bibisi.”
Ku mihanda yerekeza mu Karere ka Karongi n’ahandi mu tundi Turere usanga hari abantu bokereza ibigori abagenzi, ariko muri Rubengera ho “Uzafatwa agura, agurisha cyangwa yotsa ibigori bibisi ku mbarura agamije ubucuruzi azabihanirwa.”
Umusaruro w’ibigori n’ibishyimbo ni kimwe mu byo u Rwanda rukomeyeho kuko bibikwa igihe kirekire mu bigega by’Igihugu, bikazagoboka abantu bahuye n’amapfa cyangwa bari mu bindi bihe bikomeye.








