Karongi: Abagura n’abagurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje bazabihanirwa

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bwabujije abantu kugura no kugurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje, kugira ngo burengere abahinzi bamariraga umusaruro w’ibigori mu murima bitarera.

Itangazo Ubuyobozi bw’uwo Murenge bwasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2025, rigira riti “Mu rwego rwo gukumira igikorwa cyo gucuruza ibigori biteze no kubyotsa ku mbarura hagamijwe ubucuruzi butuma abahinzi bahendwa n’abamamyi, bigateza n’ubukene mu miryango, ubuyobozi bw’umurenge wa Rubengera buramenyesha abaturage bose ko nta wemerewe kugurisha, kugura no gucuruza ibigori bibisi.”

Ku mihanda yerekeza mu Karere ka Karongi n’ahandi mu tundi Turere usanga hari abantu bokereza ibigori abagenzi, ariko muri Rubengera ho “Uzafatwa agura, agurisha cyangwa yotsa ibigori bibisi ku mbarura agamije ubucuruzi azabihanirwa.”

Umusaruro w’ibigori n’ibishyimbo ni kimwe mu byo u Rwanda rukomeyeho kuko bibikwa igihe kirekire mu bigega by’Igihugu, bikazagoboka abantu bahuye n’amapfa cyangwa bari mu bindi bihe bikomeye.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”