USA yafatiye muri Atlantique amato y’u Burusiya atwara peterori

Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) zatangaje ko zafatiye mu nyanja ya Atlantique amato y’u Burusiya atwara peterori iva muri Venezuela, harimo bumwe bwitwa Bella 1 bwari buherekejwe n’ingabo z’u Burusiya.

USA ivuga ko ubu bwato bwafashwe nyuma y’impapuro zo kubuta muri yombi zatangajwe n’Urukiko rw’icyo gihugu, bukaba ngo bwari bumaze iminsi bukurikiranwa n’ingabo za Amerika zishinzwe kurinda inkombe z’inyanja ya Atlantique.

Ibikorwa byo gufata ubu bwato bw’u Burusiya bwitwaga Mariner mbere yo guhindurirwa izina, byakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika, Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu y’u Bwongereza(kuko ngo bwari bwageze hafi yaho i Burayi), babifashijwemo na Minisiteri y’Ingabo ya USA.

Umuyobozi w’Ingabo za USA ku mugabane w’i Burayi yagize ati “Gufata ubu bwato byakozwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kubuta muri yombi cyafashwe n’Urukiko rwa Amerika,” bakaba ngo bari bamaze igihe babubona mu nyanja.

Hashize iminota mike Leta zunze ubumwe za Amerika na bwo zatangaje ko zafatiye mu nyanja ya Caraibe (mu gice cyegereye Venezuela), ubundi bwato bwitwa Sophia butagira ikirango cy’igihugu (na bwo bikekwa ko ari ubwa Venezuela bwatwaraga peterori y’u Burusiya.

Mu gihe Leta y’u Burusiya ntacyo iratangaza kuri ibi bikorwa byo gufata amato yayo, hari abavuga ko bishobora guhanganisha u Burusiya na Amerika, bitewe n’uko ngo amazi y’inyanja ngari atagira igihugu yitirirwa na kimwe.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye