Ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabayeho ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2026 ryatunguye benshi, batangira kwandika ku mbuga nkoranyambaga binubira Ikigo gishinzwe ingufu REG n’ubwo cyari kimaze kubiseguraho.
REG yanditse kuri X igira iti “Bakiriya bacu, Tugize ikibazo tekiniki gitumye uduce tumwe tubura umuriro. Turimo gukora ibishoboka byose ngo ugaruke vuba. Mutwihanganire. Murakoze.”
Hari abasubije REG bijujuta, harimo abarebaga umupira w’amaguru, amarushanwa y’Igikombe cya Afurika, abari muri salon biyogoshesha hamwe n’abarimo gucuruza bari hirya no hino mu Gihugu.
Hari uwagize ati “Ubuse uru ruhande rusigaye bari bagiye kogosha ndarwogoshesha jirete!”
Undi yagize ati “Ubu mutumye mpomba umukiriya nakoreraga inzaara (nails) ubu 30k ndayahombye, mugire muwugarure nahomba n’uyu wa 20k uri hano.”
Undi ati “Mujye mutanga ubusobanuro buhagije kuko iyo message irarambiranye munyuzemo mujye mutubwira ibyo bibazo biri technic byabaye ejo ndetse n’uyu munsi.”
Ibura ry’umuriro mu Gihugu hose ryaherukaga ku Cyumweru tariki 09 Ugushyingo 2025, aho REG yatangaje ko ryaturutse ku miyoboro migari u Rwanda rusangiye n’ibindi bihugu byo muri aka Karere ruherereyemo.
Impamvu umuriro ugenda ukabura mu Gihugu hose nk’uko REG ibisobanura, iterwa n’uko amashanyarazi aturuka ku nganda zose ziri hirya no hino mu Gihugu no hanze yacyo abanza kuza i Kigali, agakwirakwizwa mu Mujyi no mu Ntara avuye ku ikusanyirizo rimwe gusa.
REG ivuga ko umuriro ubanza kuza i Kigali kuko uba ufite imbaraga nyinshi cyane ku buryo bitakunda gufatira umuriro ku ntsinga zitarawugeza i Kigali kugira ngo ubanze uyungururwe, unagabanyirizwe ubukana, mu rwego rwo kwirinda ko wagira ibyo wangiza ugeze aho ukoreshwa.







