Karongi: Abagura n’abagurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje bazabihanirwa

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bwabujije abantu kugura no kugurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje, kugira ngo burengere abahinzi bamariraga umusaruro w’ibigori mu murima bitarera.

Itangazo Ubuyobozi bw’uwo Murenge bwasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2025, rigira riti “Mu rwego rwo gukumira igikorwa cyo gucuruza ibigori biteze no kubyotsa ku mbarura hagamijwe ubucuruzi butuma abahinzi bahendwa n’abamamyi, bigateza n’ubukene mu miryango, ubuyobozi bw’umurenge wa Rubengera buramenyesha abaturage bose ko nta wemerewe kugurisha, kugura no gucuruza ibigori bibisi.”

Ku mihanda yerekeza mu Karere ka Karongi n’ahandi mu tundi Turere usanga hari abantu bokereza ibigori abagenzi, ariko muri Rubengera ho “Uzafatwa agura, agurisha cyangwa yotsa ibigori bibisi ku mbarura agamije ubucuruzi azabihanirwa.”

Umusaruro w’ibigori n’ibishyimbo ni kimwe mu byo u Rwanda rukomeyeho kuko bibikwa igihe kirekire mu bigega by’Igihugu, bikazagoboka abantu bahuye n’amapfa cyangwa bari mu bindi bihe bikomeye.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge