Dore ibihugu 29 birimo n’u Rwanda, aho abambasaderi ba USA bahamagajwe

Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) zasabye abazihagarariye (abambasaderi n’abakozi bakuru ba za ambasade) bari mu bihugu 29 byo hirya no hino ku isi, birimo n’u Rwanda, kuva mu nshingano zabo bitarenze ukwezi gutaha kwa Mutarama 2025.

Guhamagaza abo bambasaderi ba USA byatewe n’uko bari barashyizweho na Perezida Joe Biden wasimbuwe na Trump kuva mu ntango z’uyu mwaka ugiye kurangira wa 2025.

Ibihugu byarimo abambasaderi ba USA bahamagajwe, duhereye ku bya Afurika, ni Burundi, Cameroun, Cap-Verde, Gabon, Côte d’Ivoire, Madagascar, Ibirwa bya Mauritius, Niger, Nigeria, Rwanda, Sénégal, Somalia, Uganda, Misiri na Algeria.

Ku mugabane wa Aziya ibihugu byahamagajwemo abambasaderi ba USA ni Fidji, Laos, Ibirwa bya Marshall, Papouasie-Nouvelle-Guinée, Philippines, Vietnam, Nepal na Sri Lanka.

Ibihugu by’i Burayi byavanywemo abahagarariye USA ni Arménia, Macedonia, Monténégro na Slovaquie, mu gihe ibyo ku mugabane wa Amerika (y’Epfo) ari Guatemala na Suriname.

Umuryango(Union) uhuza Abambasaderi ba USA hirya no hino ku isi uvuga ko icyizere abaturage b’icyo gihugu bajyaga bagirira Leta yabo gishobora kugabanuka, bitewe n’uko gutakaza imirimo hamwe n’izi mpinduka zitigeze zibaho mu mateka y’iki gihugu.

Leta ya Donald Trump ikomeje n’amavugurura yo kugabanya amafaranga itanga ku bihugu bitandukanye, mu rwego rwo kwirinda gusesagura ahubwo ikita ku benegihugu by’umwihariko, aho yahereye ku guhagarika gahunda z’Ikigega cya Amerika gishinzwe Iterambere(USAID) mu ntango z’uyu mwaka, ndetse ikaba yaratangiye gucutsa ibihugu by’i Burayi ku bijyanye n’inkunga ya gisirikare byahabwaga.

Ibi byose Leta ya USA ikaba yabikubiye mu ntero igira iti “Americans First”, bivuze ngo ‘Abanyamerika ku isonga’ mu bagomba kubanza kwitabwaho.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge