RIB yemeye gushyiraho Umuvugizi wayo wungirije

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwemereye Itangazamakuru ko rugiye gushyiraho Umuvugizi wungirije nyuma y’uko hari Abanyamakuru babitanzeho icyifuzo.

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Pacifique Kayigamba Kabanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Ukuboza 2025, mu kiganiro abayobozi ba RIB na Polisi bagiranye n’Itangazamakuru ku cyicaro cya Polisi ku Kacyiru.

Abanyamakuru babwiye RIB ko bafite ikibazo cyo kutabona byihuse amakuru uru rwego rushinzwe gutangaza, bakaba bifuje ko RIB yashyiraho abavugizi mu Ntara n’Umujyi wa Kigali nk’uko bimeze kuri Polisi y’u Rwanda.

Mu gusubiza, Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Pacifique Kayigamba Kabanda yagize ati:”RIB ni Urwego rukiyubaka kandi rufite abakozi bake ugereranyije na Polisi y’u Rwanda. RIB iri gushaka abakozi bahagije kugira ngo irusheho gutanga amakuru ku gihe. Turi gutekereza uko hashyirwaho Umuvugizi wa RIB wungirije uzajya wunganira undi usanzwe, bakaba babiri.”

Col Kayigamba avuga ko RIB yiyemeje kunoza imikoranire yayo n’Itangazamakuru mu mwaka utaha wa wa 2026, kugira ngo amakuru ajye atangirwa igihe.

RIB isanzwe ifite Umuvugizi umwe uri ku rwego rw’Igihugu, akaba ari Dr. Murangira B. Thierry. Abanyamakuru bavuga ko bagorwa no kubona amakuru atangwa na RIB bigatuma batangaza amakuru atuzuye cyangwa ashaje.

Urwego RIB rumaze imyaka umunani rubayeho, hakaba harashingiwe ku Itegeko N°12/2017 ryo ku wa 07/04/2017, ariko rukaba rwaratangiye gukora tariki 20 Mata muri 2018.

Uru Rwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rufite inshingano eshatu z’ingenzi ari zo gukumira ibyaha, gutahura ibyaha ndetse no kubigenza.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”