Urupfu rwa Mutoniwase Diane rukomeje kwegekwa ku wamwokerezaga inyama

Urupfu rwa Mutoniwase Diane(Toni), rwazindutse ruvugwa ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, aho rwabereye mu kabari k’uwo mukobwa gaherereye mu Kagari ka Gako, Umurenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro, rukomeje kwegekwa kuri Ruberintwari Nelson wamwokerezaga inyama.

Ruberintwari araregwa kwica Mutoniwase Diane amuciye umutwe ndetse anamuteraguye ibyuma mu nda, kubera kumufuhira ko yaba akundana n’undi musore, kuko ngo yari azi ko bazabana.

Ruberintwari w’imyaka 34 y’amavuko, ntabwo ari we wari mucoma, ahubwo yari yarashatse undi mwana w’umusore amuha igishoro kugira ngo ajye akora amuverise(amuhe) amafaranga yakoreye ku munsi.

Ruberintwari ngo yari yarafashe umwanya uhagije wo gutereta Mutoniwase nk’uko yaje kumukorera ari we ashaka, ndetse na Mutoniwase na we ngo yari yarashatse umukobwa wo kumukorera.

Abatangabuhamya babwiye itangazamakuru ko Mutoniwase (Toni) yishwe ahagana saa ine z’ijoro ryo ku wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, aho bamusanze imbere y’akabari ke yaciwe umutwe.

Mu bimenyetso bikomeje gushinja Ruberintwari kwica Toni harimo uwo mwana w’umuhungu bakunze kwita Kabwa wamwokerezaga inyama, akaba yemeza ko yafatanyije na shebuja kwica uwo mukobwa, ndetse ngo hari ikote rye(Ruberintwari) basanze mu gishanga ryuzuyeho amaraso, ubwo yacikaga ahunga.

Ruberintwari we aracyashakishwa mu gihe mucoma wamukoreraga we yatawe muri yombi, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’i Masaka, nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gako, Mukeshimana Odette.

Mukeshimana agira ati “Umuhungu wari uje kugura inzoga mu ma saa yine z’ijoro ni we wabonye umuvu w’amaraso ya Diane utemba, ahita ahamagara mucoma na Ruberintwari kuri telefone, yumva bazikuyeho.”

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge