Inzuki zirimo gusinda izindi zikazibuza kwinjira mu muzinga

Mu gihugu cya Australia, ubushyuhe bwinshi burimo gutera umushongi w’indabo (nectar) gushya nk’inzoga, inzuki zajyamo guhova zigasinda, zigasubira mu muzinga zidandabirana.

Hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Australia hari abanyeshuri ba Kaminuza bahashyize imizinga y’inzuki, bazicungisha uwitwa Cormac Farrell, akaba ari we wahaye amakuru ikinyamakuru Newsweek ko imihindagurikire y’ikirere irimo kugira ingaruka mbi ku nzuki zishinzwe guhova.

Cormac avuga ko kwiyongera k’ubushyuhe kubera izuba ryinshi byagize ingaruka ku mushongi w’indabo ushya ukamera nk’inzoga ku buryo usindisha inzuki, zawuhova zigatakaza icyekerezo, zagera ku mutiba(umuzinga) izindi zikaziheza hanze kugira ngo zibanze zisinduke.

Cormac yagize ati “Irumbo(umuryango) ry’inzuki rifite uburyo bwa kamere bwo kwirindira umutekano, aho usanga inzuki zishinzwe kurinda umutiba ziri ku rwinjiriro rwawo. Akazi kazo ni ugucunga umutekano ku buryo iyo zimenye ko hari inzuki zasinze zitazemerera kwinjira.

Cormac avuga ko uruyuki rumwe rwasinze rushobora kwangiza umurongo w’itumanaho ugizwe n’uruhererekane rw’izindi nzuki, bigahungabanya n’imikorere y’irumbo ryose.

Cormac avuga ko inzuki zasinze zigumana hanze ibyo zivuye guhova kugeza ubwo zisindukiye, akaba ari bwo zemererwa kwinjira mu mutiba, n’ubwo muri icyo gihe ziba zitegereje kibarirwa hagati y’iminota 30 n’amasaha arenga 40, hari izipfira ku gasozi.

Newsweek ivuga ko ibi byatangaje abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Australia(i Canberra) bavuga ko amategeko y’inzuki hari ay’abantu arusha gukomera, nyuma yo kubona ko amarumbo yazo aba acungiwe umutekano mu buryo bukomeye.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka