Icyumweru kigiye gushira ubucuruzi mu Rwanda bukorwa mu gicuku gusa

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko kuva tariki ya 19 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, imirimo y’ubucuruzi izakorwa (ninjoro gusa) kuva ku isaha itatangajwe kugera saa kumi z’urukerera.

RDB ivuga ko izi ngamba zafashwe ku bufatanye n’izindi nzego, hagamijwe gucunga neza impinduka zishobora kugaragara mu mikoreshereze y’imihanda mu gihe cy’irushanwa mpuzamahanga ry’amagare (UCI Road World Championships) rizabera mu Rwanda.

Nk’uko iri tangazo ribivuga, amaduka, resitora, utubari n’utubyiniriro bizemererwa gukora kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am) gusa, muri icyo gihe cy’irushanwa.

Ni ingamba RDB ivuga ko zigamije gufasha igihugu kwakira neza abakinnyi, abafana n’abandi bashyitsi bazaturuka hirya no hino ku isi, ndetse no kwirinda ko habaho imyitwarire idakwiye.

RDB yibutsa kandi ko hari amabwiriza asanzweho yo kwirinda urusaku rukabije, kudatanga inzoga ku bana bari munsi y’imyaka 18 hamwe no kwirinda guha inzoga abantu basinze.

RDB yibutsa abantu bose ko abanywi b’inzoga bagomba kunywa mu rugero, bakirinda gutwara ibinyabiziga banyweye kandi ko abazarenga kuri aya mabwiriza bazahanwa hakurikijwe amategeko.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge