Icyumweru kigiye gushira ubucuruzi mu Rwanda bukorwa mu gicuku gusa

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko kuva tariki ya 19 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, imirimo y’ubucuruzi izakorwa (ninjoro gusa) kuva ku isaha itatangajwe kugera saa kumi z’urukerera.

RDB ivuga ko izi ngamba zafashwe ku bufatanye n’izindi nzego, hagamijwe gucunga neza impinduka zishobora kugaragara mu mikoreshereze y’imihanda mu gihe cy’irushanwa mpuzamahanga ry’amagare (UCI Road World Championships) rizabera mu Rwanda.

Nk’uko iri tangazo ribivuga, amaduka, resitora, utubari n’utubyiniriro bizemererwa gukora kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am) gusa, muri icyo gihe cy’irushanwa.

Ni ingamba RDB ivuga ko zigamije gufasha igihugu kwakira neza abakinnyi, abafana n’abandi bashyitsi bazaturuka hirya no hino ku isi, ndetse no kwirinda ko habaho imyitwarire idakwiye.

RDB yibutsa kandi ko hari amabwiriza asanzweho yo kwirinda urusaku rukabije, kudatanga inzoga ku bana bari munsi y’imyaka 18 hamwe no kwirinda guha inzoga abantu basinze.

RDB yibutsa abantu bose ko abanywi b’inzoga bagomba kunywa mu rugero, bakirinda gutwara ibinyabiziga banyweye kandi ko abazarenga kuri aya mabwiriza bazahanwa hakurikijwe amategeko.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye