Habayeho ubwirakabiri bw’ukwezi ku isi yose

Abantu bari hirya no hino ku migabane yose igize isi, no mu Rwanda by’umwihariko, babonye/barabona ubwirakabiri bw’ukwezi ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 07 Nzeri 2025.

Ubwirakabiri bw’ukwezi buturuka ku kuba isi yitambika hagati y’izuba n’ukwezi, ku buryo abari ku isi babona igicucu cyayo ku kwezi bakagira ngo ni igicu cyagukingirije.

Ibigo bigenzura isanzure birimo icya NASA, Time and Date, ndetse na Royal Observatory Greenwich, bivuga ko ubu bwirakabiri bwamaze iminota 82 n’amasegonda 6 ukwezi kwazimye burundu, hamwe n’iminota 326 n’amasegonda 40 ukwezi kugaragara igice.

Nta ngaruka zikomeye cyane zikunze kubaho z’ubwirakabiri bw’ukwezi, uretse ko inyamaswa zikora n’injoro ngo zikunze guhindura imyitwarire, ku buryo ngo hari izihagarika ingendo hamwe n’ibyo zikora, bikaba byateza impinduka zidakanganye cyane mu miterere y’urusobe rw’ibinyabuzima.

Ubwirakabiri bufasha abashakashatsi kumenya byinshi ku bibera mu isanzure, bukaba kandi mu mateka no mu myizerere y’imiryango myinshi y’abatuye isi bufatwa nk’ikimenyetso cy’impinduka n’ibyago.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”