Habayeho ubwirakabiri bw’ukwezi ku isi yose

Abantu bari hirya no hino ku migabane yose igize isi, no mu Rwanda by’umwihariko, babonye/barabona ubwirakabiri bw’ukwezi ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 07 Nzeri 2025.

Ubwirakabiri bw’ukwezi buturuka ku kuba isi yitambika hagati y’izuba n’ukwezi, ku buryo abari ku isi babona igicucu cyayo ku kwezi bakagira ngo ni igicu cyagukingirije.

Ibigo bigenzura isanzure birimo icya NASA, Time and Date, ndetse na Royal Observatory Greenwich, bivuga ko ubu bwirakabiri bwamaze iminota 82 n’amasegonda 6 ukwezi kwazimye burundu, hamwe n’iminota 326 n’amasegonda 40 ukwezi kugaragara igice.

Nta ngaruka zikomeye cyane zikunze kubaho z’ubwirakabiri bw’ukwezi, uretse ko inyamaswa zikora n’injoro ngo zikunze guhindura imyitwarire, ku buryo ngo hari izihagarika ingendo hamwe n’ibyo zikora, bikaba byateza impinduka zidakanganye cyane mu miterere y’urusobe rw’ibinyabuzima.

Ubwirakabiri bufasha abashakashatsi kumenya byinshi ku bibera mu isanzure, bukaba kandi mu mateka no mu myizerere y’imiryango myinshi y’abatuye isi bufatwa nk’ikimenyetso cy’impinduka n’ibyago.

Related Posts

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

Read more

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

Read more

Ntibigucike

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Aimable Karasira yapfuye

Aimable Karasira yapfuye

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye