Drones zitwara abantu zizagaragara hujuru ya Kigali kuri uyu wa Kane

Kuri Kigali Convention Centre(KCC), Abashinwa bahageragereje drones zitwara abantu, kikaba ari igikorwa kibaye ku nshuro ya mbere ku mugabane wa Afurika. Utu tudege tuzagurutswa hejuru y’Umujyi wa Kigali dutwaye abantu kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025.

Ni drones zizwi nka ‘eVTOL’ zikorwa n’Uruganda rwo mu Bushinwa rwitwa EHang. Imwe muri izo drones ifite ubushobozi bwo gutwara abantu babiri, ikaba igendera ku butumburuke bwa metero 100 hejuru mu kirere.

Iyi drone ifite amapine 12 afashe ku maguru ane, ikaba ifite ikoranabuhanga riyifasha gutahura imbogamizi mu gihe iri mu kirere.

U Rwanda rubaye igihugu cya 21 ku isi kibereyemo igerageza ry’izi drones zikoresha amashanyarazi 100%, zikaba zishobora kugenda intera y’ibirometero 30, kandi batiri yayo ikamara iminota 25 itarashiramo umuriro.

Uru ruganda mu mwaka ushize wa 2024 rwagurishije drones nk’izi 216, aho imwe igurwa ibihumbi 400 by’amadolari ya Amarika(ahwanye na miliyoni 560 z’amafaranga y’u Rwanda).

Ku bijyanye n’icyo izi drones zishobora kuba zakemura mu Rwanda, Umunyamakuru akaba n’umuhanga mu gutwara drone, Cyrill Ndegeya, avuga ko abantu bazitirwaga n’umubyigano w’ibinyabiziga babonye igisubizo, ariko ikibazo kikaba icy’uko ziriya drones zitwara abantu bake cyane (babiri gusa).

Ndegeya agira ati “Sinzi niba hari icyo izi drones zakemura kinini cyane, iyaba zatwaraga abantu benshi, gusa ku bafite gahunda zihutirwa, drone yamufasha pe! Ariko na none byaterwa n’aho agiye, kubera y’uko bisaba byinshi kugira ngo igeze umuntu aho ajya.”

Ndegeya avuga ko mu byo utu tudege tuzakenera harimo kudushakira ahantu ho kugurukira hatekanye, hamwe no kugira bateri zibika umuriro igihe kinini.

Inama ku bijyanye n’imikorerere y’izi drones ndetse n’ibijyanye n’ingendo zo mu kirere muri rusange, iteganyijwe i Kigali kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025.

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe umutekano w’ingendo zo mu kirere muri Afurika na Madagascar (ASECNA), Prosper Zo’o Minto’o.

Mu byo baganiriye harimo kureba uko u Rwanda rwakomeza gufata iya mbere mu ikoreshwa rya drones hagamijwe iterambere ry’ubukungu n’ubuzima.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka