Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko ibya lisansi na mazutu bizamutse

Impuguke mu bijyanye n’Ubukungu ivuga ko ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko iby’ibikomoka kuri peterori(lisansi na mazutu) bizamutseho amafaranga arenga 50Frw kuri litiro.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nzeri 2025,
Urwego rw’Igihugu rugenzura imikorere y’inzego zishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro(RURA), rwatangaje impinduka z’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori, aho lisansi yazamutseho amafaranga 59Frw kuri litiro, mazutu izamukaho 51Frw kuri litiro.

Ibi biciro by’ibikomoka kuri peterori byaherukaga kuzamuka mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga k’uyu mwaka, aho litiro yagurwaga amafaranga 1,803Frw, ariko ubu ikaba yatangiye kugurwa amafaranga 1,862Frw, mu gihe iya mazutu yagurwaga 1,757Frw, ubu yashyizwe ku mafaranga 1,808Frw.

Straton Habyarimana usesengura ibijyanye n’ubukungu, yaganiriye na Kigali Info agira ati “Byanze bikunze ibiciro (by’ingendo n’ibindi bicuruzwa) biraza kuzamuka, kuko hariya haba habaye ubwumvikane bw’abacuruzi na Leta, twebwe abaguzi ni twe tubihomberamo.”

Minisitiri w’Ibokorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda,(MINICOM), Tony Kajangwe, batangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko “nta mpinduka nini zagombye kubaho” ku bijyanye n’ibiciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi.

Dr Gasore avuga ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori ririmo guterwa n’intambara zibera mu burasirazuba bwo hagati(Israel, Gaza, Yemen, Iran), kuko zifunga imihora inyuzwamo ibicuruzwa bijya hirya no hino ku isi(ibintu bigatinda mu nzira).

Related Posts

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

Read more

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

Read more

Ntibigucike

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Aimable Karasira yapfuye

Aimable Karasira yapfuye

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye