Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko ibya lisansi na mazutu bizamutse

Impuguke mu bijyanye n’Ubukungu ivuga ko ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko iby’ibikomoka kuri peterori(lisansi na mazutu) bizamutseho amafaranga arenga 50Frw kuri litiro.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nzeri 2025,
Urwego rw’Igihugu rugenzura imikorere y’inzego zishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro(RURA), rwatangaje impinduka z’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori, aho lisansi yazamutseho amafaranga 59Frw kuri litiro, mazutu izamukaho 51Frw kuri litiro.

Ibi biciro by’ibikomoka kuri peterori byaherukaga kuzamuka mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga k’uyu mwaka, aho litiro yagurwaga amafaranga 1,803Frw, ariko ubu ikaba yatangiye kugurwa amafaranga 1,862Frw, mu gihe iya mazutu yagurwaga 1,757Frw, ubu yashyizwe ku mafaranga 1,808Frw.

Straton Habyarimana usesengura ibijyanye n’ubukungu, yaganiriye na Kigali Info agira ati “Byanze bikunze ibiciro (by’ingendo n’ibindi bicuruzwa) biraza kuzamuka, kuko hariya haba habaye ubwumvikane bw’abacuruzi na Leta, twebwe abaguzi ni twe tubihomberamo.”

Minisitiri w’Ibokorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda,(MINICOM), Tony Kajangwe, batangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko “nta mpinduka nini zagombye kubaho” ku bijyanye n’ibiciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi.

Dr Gasore avuga ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori ririmo guterwa n’intambara zibera mu burasirazuba bwo hagati(Israel, Gaza, Yemen, Iran), kuko zifunga imihora inyuzwamo ibicuruzwa bijya hirya no hino ku isi(ibintu bigatinda mu nzira).

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge