Muri ADEPR Nyarugenge barwaniye mu materaniro(video)

Umwe mu bayoboke ba ADEPR utashatse kubwira Kigali Info amazina ye, avuga ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kanama 2025 abantu bo mu rwego rw’ubuyobozi muri iryo Torero bafatanye mu mashati bakarwanira mu iteraniro.

Video uwo muyoboke wa ADEPR avuga ko yahawe n’umwe mu bashumba be igaragaza abantu bicaye mu ntebe z’imbere bahaguruka batongana, umwe agahita asumira mugenzi we akamukubita urushyi, mu gihe imbere ku ruhimbi hari uwarimo asenga undi ahagaze arebera.

Icyo giterane ngo cyari kigeze ku munsi wa wacyo wa Gatandatu, mu masaha ya nimugoroba, cyahise gicikamo igikuba ubwo abo bayobozi muri ADEPR ngo bapfa bijyanye n’uko iryo torero rimaze igihe ryirukana abashumba bamwe rishyiramo abandi.

Video igaragaza ko uwatangiye arwana yahise ava aho yakubitiye umuntu, abandi bahaguruka bajya kumufata nyuma y’uko uwakubiswe na we yari amakurukiye ashaka kwihorera.

Kigali Info iracyategereje icyo ubuyobozi bwa ADEPR buvuga kuri izi mvururu zateye mu materaniro, nyuma yo guhamagara kuri telefone no kubandikira ubutumwa bugufi ariko ntibagire icyo basubiza. Gusa umwe mu bakozi baho yatwijeje ko agiye gushaka ababonye ibyo biba, turacyamutegereje na we.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”