MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025


Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu guhangana n’igihombo iki kigo cyari cyagize mu gihe nk’iki cy’umwaka ushize wa 2024.

Amafaranga MTN Rwanda yinjije mbere yo kwishyura imigabane, imisoro, itakazagaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’idolari hamwe n’itakazagaciro k’imitungo ya MTN Rwanda (EBITDA), yageze kuri miliyari 56 na miliyoni 100Frw.

Iki kigo kandi cyazamuye inyungu kibona ugereranyije n’ayo cyinjije, aho iki kigero ngo cyazamutseho 9.1% kigera kuri 40.4%. Ibi byerekana ko uretse kuzamura inyungu, MTN Rwandacell Plc yanagize uruhare mu gukoresha amafaranga neza, akabyara umusaruro ushimishije.

Muri rusange, abakoresha serivisi zo guhamagarana za MTN Rwandacell Plc ngo biyongereyeho 3.5% bagera kuri miliyoni 7 n’ibihumbi 800 ugereranyije n’igihe nk’icyo umwaka ushize. Abakoresha Mobile Money na bo biyongereyeho 9.1% bagera kuri miliyoni 6 n’ibihumbi 560.

Abacuruzi bakoresha MoMo biyongereyeho 29.7%, bagera ku bihumbi 572, amafaranga yahererekanyijwe na yo yariyongereye agera kuri miliyari ibihumbi 21.9Frw mu gihe inshuro zahererekanyijwe amafaranga zageze kuri miliyari 1 na miliyoni 400.

Abakoresha internet ya MTN Rwandacell Plc na bo biyongereyeho 13.1% bagera kuri miliyoni 2 n’ibihumbi 400. Ibi bikaba byaragendanye n’uko iki kigo cyatangiye gutanga internet ya 5G.

Inyungu yaturutse mu gucuruza internet yiyongereyeho 10.1%, igera kuri miliyari 23 na miliyoni 300Frw.

Amafaranga yinjiye akomoka kuri serivisi za Mobile Money yageze kuri miliyari 68 na miliyoni 600 Frw, bigahwana n’izamuka rya 29.1%, bikaba byaragizwemo uruhare n’ubwiyongere bw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri serivisi zirimo kwishyurana hakoreshejwe ikarita ya MoMo virtual na Kwance.

Abakozi ba MTN na bo bashimirwa kuba baragize uruhare mu bikorwa by’ubukorerabushake, abajyanama b’ubuzima 100 bahabwa telefoni zigezweho, imiryango 100 ihabwa ibikoresho by’imirasire y’izuba mu gihe abantu barenga 300 bahawe amahugurwa ku bumenyi mu by’ikoranabuhanga.

Umuyobozi ushinzwe Imari muri MTN Rwandacell Plc, Dunstan Ayodele Stober, yagize ati “Twishimiye inyungu twabonye kandi twizeye kuzagira igice cya kabiri cyiza(cy’umwaka wa 2025).”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwandacell Plc, Ali Monzer, na we yongeraho ati “Intego yacu irazwi, ni ishoramari ryagutse mu bikorwaremezo, gushyira mu bikorwa gahunda yacu mu buryo bukwiriye ndetse no gushyira abakiliya bacu imbere muri byose.”

Source: Igihe

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi