Nyarugenge: Umukobwa ushinjwa gucuruza urumogi yafashwe

Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise w’imyaka 25 y’amavuko, akaba yarafashwe ku wa Mbere tariki ya 11/08/2025 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi.

Abapolisi bageze mu rugo rwa Iradukunda bamusatse bamusangana ikiro(kg) kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi, aho ngo yaruhishaga mu mucanga urunze mu nzu ye mu mudugudu wa Rushubi, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Mageragere w’Akarere ka Nyarugenge.

Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko Iradukunda akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi, kuko umugabo we na we yafashwe arucuruza, ubu akaba ufungiwe icyo cyaha.

Polisi y’ u Rwanda ifatanije n’izindi nzego hamwe n’abaturage, ivuga ko itazadohoka ku bikorwa byo kurwanya abanywa n’abacuruza ibiyobyange, kuko bigira ingaruka mbi ku baturage no ku muryanngo nyarwanda muri rusange.

Polisi ikaba igira inama abanywa ibiyobyabwenge kubireka, ndetse n’ababicuruza ko amayeri bakoresha yamenyekanye.
.
Polisi kandi ishimira abaturage uruhare bakomeje kugira mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa, kikaba ndetse ngo ari ikimenyetso cy’imikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage.

Itangazo Polisi yatanze rigira riti “Turabashimira ariko twibutsa n’abandi gutangira amakuru ku gihe, tugire Igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.”

Ingingo ya 263 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”