Bamwe barimo gufungirwa amazi kubera isaranganya-WASAC

Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) kivuga ko imiyoboro y’amazi mishya hamwe na za vane (aho bafungira amazi) birimo gushyirwa mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali n’ahandi mu Gihugu, kugira ngo abantu batabonaga amazi, cyane cyane mu bihe by’impeshyi, na bo batangire kuyahabwa.

Robert Bimenyimana ushinzwe gutangaza amakuru muri WASAC, yaganiriye na Kigali Info avuga ko mu bihe by’impeshyi aho basanzwe bafatira amazi ku migezi usanga yaragabanutse, bigatuma inganda za WASAC na zo zitabona amazi ahagije zoherereza abafatabuguzi.

Bimenyimana avuga ko barimo kubaka uburyo bushya bwo gusaranganya amazi, aho mu bice bimwe bazajya bayabura mu gihe runaka, kugira ngo n’abatayabona, cyane cyane abatuye ku misozi hejuru bayabone.

Bimenyimana avuga ko mu bice by’i Gikondo, Kanombe n’ahandi muri Kigali cyane abatuye ku misozi hejuru batabonaga amazi ngo bagiye kuyahabwa, kuko WASAC irimo gutegura uburyo bwo gufungira ibice byo mu kabande byajyaga biyabona buri gihe.

Bimenyimana agira ati “Ntabwo twarebera umuntu uvuga ko abaturanyi be bamaze igihe bafite amazi we atayabona na rimwe, kandi abafatabuguzi bacu bose tubafata kimwe. Ni ukureba uburyo twafungira igice cyo mu kabande kikaba kiyabuze, kugira ngo turebe ko amazi yuzura ku buryo n’abo ku musozi hejuru bayabona.”

Ati “Harimo harakorwa ubwo buryo bwo guhindura uko imiyoboro iteye no gushyiramo za vane(aho bafungurira bakanafungira amazi), mu rwego rwo kuyaha igice kimwe, ikindi kikaba kiyabuze mu gihe runaka.”

Kubera iyo mpamvu Abaturarwanda muri rusange n’abo mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko, basabwa gushaka ibigega binini byabafasha kubika amazi bakoresha mu gihe ayo kuri robine yabuze, kandi bakayakoresha neza imirimo ya ngombwa birinda kuyasesagura no gufungura menshi mu bwiherero (nk’iyo habayeho kwihagarika).

Abafite amazi na bo basabwa kwirinda kuyagurisha ku giciro kirenze amafaranga 20Frw ku ijerikani, kuko ngo hari aho WASAC ibona abantu buzuza ibigega iyo amazi yabonetse, bagatangira kuyagurisha kugera kuri 100Frw ku ijerikani mu gihe yabuze.

Abuhira ubusitani basabwa kujya kuvoma ayo mu kabande kugira ngo birinde gukoresha aya WASAC, kuko yo ngo asukurwa n’imiti ihenze.

WASAC ivuga ko hari ibice by’Umujyi wa Kigali nka Gasogi bituwe vuba byatangiye guhabwa imiyoboro minini mishya, kuko iyari ihasanzwe ari mito nta bushobozi ifite bwo gutanga amazi ahagije umubare munini w’abamaze kuhatura.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge