Bamwe barimo gufungirwa amazi kubera isaranganya-WASAC

Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) kivuga ko imiyoboro y’amazi mishya hamwe na za vane (aho bafungira amazi) birimo gushyirwa mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali n’ahandi mu Gihugu, kugira ngo abantu batabonaga amazi, cyane cyane mu bihe by’impeshyi, na bo batangire kuyahabwa.

Robert Bimenyimana ushinzwe gutangaza amakuru muri WASAC, yaganiriye na Kigali Info avuga ko mu bihe by’impeshyi aho basanzwe bafatira amazi ku migezi usanga yaragabanutse, bigatuma inganda za WASAC na zo zitabona amazi ahagije zoherereza abafatabuguzi.

Bimenyimana avuga ko barimo kubaka uburyo bushya bwo gusaranganya amazi, aho mu bice bimwe bazajya bayabura mu gihe runaka, kugira ngo n’abatayabona, cyane cyane abatuye ku misozi hejuru bayabone.

Bimenyimana avuga ko mu bice by’i Gikondo, Kanombe n’ahandi muri Kigali cyane abatuye ku misozi hejuru batabonaga amazi ngo bagiye kuyahabwa, kuko WASAC irimo gutegura uburyo bwo gufungira ibice byo mu kabande byajyaga biyabona buri gihe.

Bimenyimana agira ati “Ntabwo twarebera umuntu uvuga ko abaturanyi be bamaze igihe bafite amazi we atayabona na rimwe, kandi abafatabuguzi bacu bose tubafata kimwe. Ni ukureba uburyo twafungira igice cyo mu kabande kikaba kiyabuze, kugira ngo turebe ko amazi yuzura ku buryo n’abo ku musozi hejuru bayabona.”

Ati “Harimo harakorwa ubwo buryo bwo guhindura uko imiyoboro iteye no gushyiramo za vane(aho bafungurira bakanafungira amazi), mu rwego rwo kuyaha igice kimwe, ikindi kikaba kiyabuze mu gihe runaka.”

Kubera iyo mpamvu Abaturarwanda muri rusange n’abo mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko, basabwa gushaka ibigega binini byabafasha kubika amazi bakoresha mu gihe ayo kuri robine yabuze, kandi bakayakoresha neza imirimo ya ngombwa birinda kuyasesagura no gufungura menshi mu bwiherero (nk’iyo habayeho kwihagarika).

Abafite amazi na bo basabwa kwirinda kuyagurisha ku giciro kirenze amafaranga 20Frw ku ijerikani, kuko ngo hari aho WASAC ibona abantu buzuza ibigega iyo amazi yabonetse, bagatangira kuyagurisha kugera kuri 100Frw ku ijerikani mu gihe yabuze.

Abuhira ubusitani basabwa kujya kuvoma ayo mu kabande kugira ngo birinde gukoresha aya WASAC, kuko yo ngo asukurwa n’imiti ihenze.

WASAC ivuga ko hari ibice by’Umujyi wa Kigali nka Gasogi bituwe vuba byatangiye guhabwa imiyoboro minini mishya, kuko iyari ihasanzwe ari mito nta bushobozi ifite bwo gutanga amazi ahagije umubare munini w’abamaze kuhatura.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka