Amerika ngo yaba yatumuye umwotsi gusa mu kurasa Iran

Igisirikare cya Iran kivuga ko Amerika, Inshuti ya Israel yibeshye ko yarashe intwaro kirimbuzi za Iran mu duce dutatu tw’ahitwa Natanz, Isfahan na Fordow, nyamara ngo bari baramaze kuzihungisha.

Umuriro w’iturika ry’uganda rwa Nikleyeri muri Iran ariko yo ikabihakana

Itangazo igisirikare cya Iran cyashyize ku mbuga nkoranyambaga rigira riti “Umwanzi yibwiye ko yangije inganda zitungaya ingufu za nikleyeri, ariko twari twaravumbuye amayeri ye kuva mu kwezi kwa Werurwe.”

“Twari twarimuriye ibikoresho by’ingenzi ahantu hari umutekano, ku buryo ubutare bwa uranium bwose tukibufite, umwanzi arimo gutumura umwotsi gusa.”

Iryo tangazo rikomeza rigira riti”Iyi ntambara ntabwo idutunguye, yari yarateguwe kuva kera kandi natwe tuzatanga Igisubizo kizibukwa mu mateka, twamaze gutyaza inkota zacu, ubu rero igihe cyageze cyo kujya kuyisogotesha umuhigo.”

Indege za B2 Bombers za USA zivugwaho kuba zarashe ingufu za nikleyeri za Iran

Umuryango BRICS uhanganye na OTAN ya Amerika n’u Burayi, ukaba waratangijwe n’u Burusiya, u Bushinwa, u Buhinde, Afurika y’Epfo na Brazil, ariko na Iran ikaba iherutse kuwinjiramo, uvuga ko Abanyamerika n’igisirikare cyabo gikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (Akarere Iran iherereyemo) ari bo bahindutse umuhigo.

Nyamara Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko nyuma yo kuburizamo umugambi wa Iran wo gukora intwaro za nucléaire, nta gahunda yo gukomeza intambara kuko n’indege zitwa B2 Bombers zarashe ku nganda za nikleyeri muri Iran zahise zisubira muri Amerika.

Trump avuga ko ibitero byagabwe ku nganda za Iran za Isfahan, Fordow na Natanz byageze ku ntego, igisigaye akaba ari uko abayobozi ba Iran bemera kuyoboka inzira y’amahoro, ariko bakwanga bakongera kuraswa.

Ibisasu Iran iri kwerekana izakomeza gutera Israel

Ibi ariko ntabwo birimo gukanga Iran kuko irimo kwerekana ibisasu binini cyane byo mu bwoko bwa Missile bigomba gukomeza kuraswa muri Israel no ku ngabo za Amerika aho zaba ziri hose.

 

 

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge