Umujyi wo mu Burusiya waciye imyambaro ya kisilamu mu mashuri

Abayobozi bo mu mujyi wa Vladimir uherereye mu Burasirazuba bw’Umurwa Mukuru Moscow mu Burusiya, babujije abanyeshuri kwambara imyambaro ifite aho ihuriye n’imyemerere mu gihe bari ku ishuri.

Inkuru yatangajwe na IGIHE ivuga ko abarebwa cyane n’iri bwiriza ni abayisilamu, aho batemerewe kwambara ibitambaro bipfuka mu maso cyangwa mu mutwe bizwi nka ’hijabs’ cyangwa ’niqabs’.

Minisiteri ishinzwe uburezi muri ako gace, yatangaje ko ari uburyo bwo kugenzura imyitwarire myiza y’abanyeshuri.

Bavuze ko bigamije kubahiriza Itegeko Nshinga ry’u Burusiya, rigena ko mu bigo bya Leta hatagomba kuvangwamo ibijyanye n’imyemerere.

Aka gace ka Vladimir kashyiriweho iri bwiriza, gatuwe na 1% bari mu idini ya Islam.

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye