Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique ryatsinze amatora ku bwiganze

Daniel Chapo ni Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1975

Inkuru ya BBC ivuga y’uko Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, FRELIMO, ryatsinze amatora atavugwaho rumwe yaranzwemo urugomo, rikaba rigiye kongera igihe cy’imyaka 49 rimaze ku butegetsi muri iki gihugu cyo muri Afurika y’amajyepfo, nkuko ibyavuye mu matora byatangajwe bibigaragaza.

Daniel Chapo, umukandida perezida wa FRELIMO muri rusange utari uzwi, ubonwa nk’uw’impinduka, azasimbura Filipe Nyusi, urangije manda ebyiri.

Chapo, w’imyaka 47, wabonye amajwi 71%, azaba Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge kuri Portugali mu mwaka wa 1975.

Uwamukurikiye bya hafi mu bo bari bahatanye ni Venancio Mondlane, wabonye amajwi 20%.

Mu ijambo rye nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, Chapo yagize ati: “Twaracecetse muri iki gihe cyose, ku bwo kubaha amategeko. Turi ishyaka rikorera kuri gahunda ritegura intsinzi zaryo.”

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, habaye imyigaragambyo irimo urugomo mu mijyi myinshi, ndetse hari abantu bishwe. Abapolisi benshi bagabwe mu duce tumwe na tumwe.

Aya matora yaranzwemo ibirego by’uburiganya n’iyicwa ry’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bituma habaho imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’igihugu.

n’abapolisi barasaga amasasu nyamasasu n’imyuka iryana mu maso ku bigaragambya.

Aya matora yananenzwe n’indorerezi z’amatora zo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), zavuze ko bimwe mu byavuye mu matora byahinduwe.

Zavuze ko habayeho “inenge mu kubara [amajwi] ndetse n’ihindurwa ridafite ishingiro ry’ibyavuye mu matora”.

Umusesenguzi kuri politike Adriano Nuvunga yamaganye icyo yise uruhererekane rw’amatora abamo uburiganya muri Mozambique.

Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko akanama k’amatora kanze kugira icyo kavuga ku birego by’uburiganya mu majwi.

Biteganyijwe ko Chapo arahira muri Mutarama umwaka utaha.

Julien B.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge