Miliyoni z’Abaturage Muri Leta Ya Florida Ntamashyarazi Bafite Kubera Serwakira yiswe ‘Milton’

Amapoto y’amashanyarazi n’impombo z’amazi byangiritse kubera Serwakira ‘Milton’  yibasiye Leta ya Florida

Amakuru dukesha VOA avuga y’uko ‘Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika abantu miliyoni eshatu babuze amashanyarazi n’impombo z’amazi zirangirika kubera Serwakira yiswe ‘Milton’ yibasiye Leta ya Florida.

Kugeza ubu, abantu bane ni bo bimaze kumenyekana ko bamaze gupfa bazize ingaruka y’iyo serwakira.

Guhera mu ijoro ryo kuwa gatatu kugera mu rukerera rwo kuri uyu wa kane, umuyaga mwinshi waturukaga ku nkombe z’inyanja washegeshe igice kinini cy’amajyepfo ku buryo butari bwitezwe.

Guverineri w’iyi Leta Ron DeSantis yavuze ko Milton ifite ubukana butuma ishyirwa mu rwego rwa gatatu, ariko yizeza ko biteguye guhangana nayo.

Amazu manini, n’amato, yose atuwemo mu bice byinshi bitandukanye byo muri iyi Leta ya Florida yasenyutse ku buryo adashobora gusanwa.

Serwakira Milton ibaye imwe muzifite ubukana burusha izindi mu myaka ijana ishize. Yashyizwe mu rwego rwa gatatu ukurikije ibipimo bifatirwaho mu gupima ubukana bwa Serwakira.

Iyi yibasiye Florida, yari ifite umuvuduko wa kilometero 193 mu isaha imwe. Ni ukuvugako ifite umuvuduko uruta kure uw’imodoka tubona mu masiganwa.

Abakozi b’ubutabazi batabara umuntu wo mu ifasi ya Volusia iri hagati muri Leta ya Florida

Ariko, Guverineri Ron DeSantis yumvikanye atanga ikizere ko biteguye guhangana nayo.

“Dufite ibikoresho byinshi by’ubutabazi n’abakozi biteguye. Kandi twizeye ko ibyo bitaza gukenerwa, ariko bibaye ngombwa, turiteguye. Kandi ibyo si ibya Leta yacu gusa, dufite abasirikare bagera 9.000 hagati ya Florida n’izindi Leta.”

Imihanda mu bice bitandukanye yuzuranye

Kugeza ubu impungenge zihari, ni iz’uko hari abantu bashobora kuburira ubuzima bwabo muri ibi biza. Umujyi muto witwa Siesta Key utuwe n’abantu 5.400 ni wo kugeza ubu wakumvikana nk’uwugarijwe n’akaga gakomeye kuko uri mu kirwa.

Uvuye aha ujya ahitwa Tampa Bay ho hatuwe na miliyoni eshatu hari ibirometero 100, abantu baho bari kuburirwa ko badakwiye gusohoka hirindwa ko ubuzima bwabo bushobora kujya mu kaga.

Ibyuma biterura ibintu biremereye mu bwubatsi byahanuwe na serwakira Milton mu mujyi wa St. Petersburg

Julien B.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge