Tedros wa OMS yemereye u Rwanda ubufasha bwo guhangana na Marburg

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi(WHO), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus arizeza u Rwanda ko uwo muryango ugiye kongera ubufasha utanga kugira ngo rubashe guhangana n’icyorezo cya Marburg.

U Rwanda ruri mu bihugu 115 byo hirya no hino ku Isi bihabwa inkunga ya WHO yo guteza imbere ubuvuzi bw’ibanze kuri bose (Universal Health Coverage/UHC Partnership) kandi bwegereye abaturage, ikaba yarafashije u Rwanda kwegereza abaturage ibigo nderabuzima n’ibigo by’ubuvuzi(Health posts).

Ni gahunda irimo abafatanyabikorwa benshi barimo ibihugu n’imiryango mpuzamahanga nk’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), Ubwami bwa Luxembourg, Inkunga ituruka kuri Ireland(Irish Aid), u Buyapani, u Bufaransa, u Bwongereza, u Bubiligi, Canada, u Budage, Umuryango Commonwealth hamwe na Susan Thompson Buffett Foundation.

Dr Tedros yanditse ku rubuga rwa X agira ati “Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yavuze ko hari abagaragaweho na Marburg. WHO irimo kongera ubufasha kandi izakorana na Leta y’u Rwanda mu guhagarika ikwirakwira ry’iyo virusi hamwe no kurinda abaturage bari mu byago.”

Umuryango WHO uvuga ko indwara ya Marburg ifite ubukana bwo guhitana abarenga 88% mu bayanduye iyo batihutiye kugezwa kwa muganga, ukaba ushima u Rwanda ko rwageze kuri gahunda ya UHC y’uko umurwayi aho yaba aherereye hose mu Gihugu adashobora kurenza iminota 24 ataragezwa aho ashobora kwitabwaho.

 

 

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge