Tedros wa OMS yemereye u Rwanda ubufasha bwo guhangana na Marburg

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi(WHO), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus arizeza u Rwanda ko uwo muryango ugiye kongera ubufasha utanga kugira ngo rubashe guhangana n’icyorezo cya Marburg.

U Rwanda ruri mu bihugu 115 byo hirya no hino ku Isi bihabwa inkunga ya WHO yo guteza imbere ubuvuzi bw’ibanze kuri bose (Universal Health Coverage/UHC Partnership) kandi bwegereye abaturage, ikaba yarafashije u Rwanda kwegereza abaturage ibigo nderabuzima n’ibigo by’ubuvuzi(Health posts).

Ni gahunda irimo abafatanyabikorwa benshi barimo ibihugu n’imiryango mpuzamahanga nk’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), Ubwami bwa Luxembourg, Inkunga ituruka kuri Ireland(Irish Aid), u Buyapani, u Bufaransa, u Bwongereza, u Bubiligi, Canada, u Budage, Umuryango Commonwealth hamwe na Susan Thompson Buffett Foundation.

Dr Tedros yanditse ku rubuga rwa X agira ati “Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yavuze ko hari abagaragaweho na Marburg. WHO irimo kongera ubufasha kandi izakorana na Leta y’u Rwanda mu guhagarika ikwirakwira ry’iyo virusi hamwe no kurinda abaturage bari mu byago.”

Umuryango WHO uvuga ko indwara ya Marburg ifite ubukana bwo guhitana abarenga 88% mu bayanduye iyo batihutiye kugezwa kwa muganga, ukaba ushima u Rwanda ko rwageze kuri gahunda ya UHC y’uko umurwayi aho yaba aherereye hose mu Gihugu adashobora kurenza iminota 24 ataragezwa aho ashobora kwitabwaho.

 

 

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”