Trump yatangaje ko natsindwa amatora atazongera kwiyamamaza

Donald Trump, wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 45, yatangaje ko naramuka atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka atazongera kwiyamamaza mu ya 2028.
Trump w’imyaka 78, uri kwiyamamariza umwanya wa Perezida mu ishyaka ry’Abarepubulikani, amaze kuba umukandida mu matora inshuro eshatu (3).

Trump ubwo yari mu kiganiro n’ikinyamakuru cyitwa Sinclair Media Group, yabajijwe niba ateganya kongera kwiyamamaza ubwo yaba atsinzwe n’uwo bahanganye kugea ubu, Visi Perezida Kamala Harris, umukandida w’ishyaka ry’Abademokarate.

Yasubije ko atabitekanya kuko atekereza ko bizaba birangiye, gusa yongeraho ko ishyaka rye ryizeye intsinzi muri aya matora azaba mu Ugushyingo.

Mu busanzwe amategeko y’Amerika, ntiyemerera Umukuru w’Igihugu kuyobora manda zirenze ebyiri, bityo nubundi Trump wayoboye Amerika manda imwe ndetse akaba yizeye intsinzi, aramutse ayegukanye ntabwo yaba yemerewe kwiyamamaza mu 2028.

Source: Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge