Iran yahagaritse gutera ibihugu by’Abarabu

Nyuma y’icyumweru cyose gishize intambara ica ibintu hagati ya Iran na Amerika ifatanyije na Israel, Iran yatangaje ko ihagaritse ibitero ku bihugu by’Abarabu, keretse ahazaturuka ibisasu mu birindiro bya Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko ibihugu biruhutse guterwamo misile za Iran ari Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Qatar, Bahreïn Arabie Saoudite n’ibindi, kugira ngo basigare bibanda kuri Israel gusa.

Abandika ku mbuga nkoranyambaga barimo uwitwa Camille Moscow bavuga ko ibi byemejwe n’ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Iran, n’ubwo hari drone y’icyo gihugu yazindutse iterwa ku kibuga cy’Indege cya Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, kuri uyu wa Gatandatu.

Indege z’ibihugu bitandukanye ku isi harimo n’iz’u Rwanda zimaze icyumweru cyose zihagaritse ingendo muri kariya gace k’Uburasirazuba bwo Hagati, bikavugwa ko zahuye n’igihombo kibarirwa muri za miliyoni amagana z’amadolari ya Amerika, kandi ntawe zirabona uzishyura icyo kiguzi.

Hagati aho Iran na Israel ifatanyije na Amerika bakomeje kohererezanya ibisasu bya misile mu bihugu byombi, aho bimaze gusenya ibikorwa remezo birimo inyubako za Leta, ibibuga by’indege, amato mu nyanja n’ibindi.

Ni intambara itangiye gufata indi ntera bitewe n’ibikoresho bidasanzwe birimo kwifashishwa, aho benshi bikanga ko mu gihe yaba itarangiye vuba hazabaho gukoresha intwaro kirimbuzi.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge