Hagiye kugwa imvura irengeje igipimo cy’isanzwe igwa muri iyi minsi

Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Mutarama 2026 (kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 20 na 150, ikaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa mu mezi ya Mutarama.

Imvura isanzwe igwa muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Mutarama iba iri hagati ya milimetero 10 na 95. Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi itatu (3) n’itanu (5) bitewe n’imiterere ya buri hantu.

Imvura ibarirwa hagati ya millimetero 110 na millimetero 150 ni yo nyinshi cyane iteganyijwe mu Ntara y’Iburengerazuba uretse mu burasirazuba bw’Uturere twa Ngororero na Nyabihu.

Iyi mvura iteganyijwe kandi mu Turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, amajyepfo y’Akarere ka Gisagara, uburengerazuba bw’Uturere twa Huye, Nyanza na Ruhango, uburengerazuba n’amajyaruguru by’Akarere ka Musanze ndetse n’amajyaruguru y’Uturere twa Burera, Gicumbi na Nyagatare.

Ahasigaye mu Gihugu hateganyijwe imvura iri hejuru gato y’isanzwe igwa muri iki gice. 

Imvura iteganyijwe izaturuka ku isangano ry’imiyaga riherereye mu gice cy’amajyepfo cy’Isi rizamuka rigana mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no ku miterere y’ahantu (local effects).

Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 21 na 29, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 9 na 18.

Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 6 na 12 ku isegonda, uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge