RIB yemeye gushyiraho Umuvugizi wayo wungirije

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwemereye Itangazamakuru ko rugiye gushyiraho Umuvugizi wungirije nyuma y’uko hari Abanyamakuru babitanzeho icyifuzo.

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Pacifique Kayigamba Kabanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Ukuboza 2025, mu kiganiro abayobozi ba RIB na Polisi bagiranye n’Itangazamakuru ku cyicaro cya Polisi ku Kacyiru.

Abanyamakuru babwiye RIB ko bafite ikibazo cyo kutabona byihuse amakuru uru rwego rushinzwe gutangaza, bakaba bifuje ko RIB yashyiraho abavugizi mu Ntara n’Umujyi wa Kigali nk’uko bimeze kuri Polisi y’u Rwanda.

Mu gusubiza, Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Pacifique Kayigamba Kabanda yagize ati:”RIB ni Urwego rukiyubaka kandi rufite abakozi bake ugereranyije na Polisi y’u Rwanda. RIB iri gushaka abakozi bahagije kugira ngo irusheho gutanga amakuru ku gihe. Turi gutekereza uko hashyirwaho Umuvugizi wa RIB wungirije uzajya wunganira undi usanzwe, bakaba babiri.”

Col Kayigamba avuga ko RIB yiyemeje kunoza imikoranire yayo n’Itangazamakuru mu mwaka utaha wa wa 2026, kugira ngo amakuru ajye atangirwa igihe.

RIB isanzwe ifite Umuvugizi umwe uri ku rwego rw’Igihugu, akaba ari Dr. Murangira B. Thierry. Abanyamakuru bavuga ko bagorwa no kubona amakuru atangwa na RIB bigatuma batangaza amakuru atuzuye cyangwa ashaje.

Urwego RIB rumaze imyaka umunani rubayeho, hakaba harashingiwe ku Itegeko N°12/2017 ryo ku wa 07/04/2017, ariko rukaba rwaratangiye gukora tariki 20 Mata muri 2018.

Uru Rwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rufite inshingano eshatu z’ingenzi ari zo gukumira ibyaha, gutahura ibyaha ndetse no kubigenza.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge