Umuhanzi Vestine yanze umugabo umaze amezi ane ashakanye na we

Umuririmbyi w’indirimbo zitwa izo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram ko yicujije impamvu yashakanye n’umugabo w’Umunya Burkina Faso, Idrissa Jean Luc Ouédraogo.

Vestine yanditse mu cyongereza, avuga ko abayeho mu buzima bubi butamukwiriye, kandi ko amahitamo yagize ari mabi, mu kuba yarashakanye n’umugabo umwicira ubuzima.

Yagize ati “Uyu munsi ubuzima mbayeho ntabwo ari bwo nahisemo, ndi mu bihe bibi kandi si byo byari binkwiriye. Ndabizi ko nagize amahitamo mabi mu buzima bwanjye, ariko ntakundi nagira. Imana yemera ko ibintu bimwe bitubaho kugira ngo tubyigireho, nkaba rero narize byinshi. Nta mugabo uzongera kumbeshya ukundi ngo anyangirize ubuzima.”

Yakomeje agira ati “Ubutaha ninjya guhitamo umugabo tuzabana, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we ndetse na buri kintu kimwerekeyeho. Nta muntu uzongera gupfa kunkoresha.”

Imbuga nkoranyambaga za Vestine Ishimwe ntabwo zikigaragaza amafoto y’ibihe by’ubukwe bagiranye n’umugabo we, bivuze ko ashobora kuba yarayasibye.

Vestine na Ouédraogo bakoze ubukwe tariki 05 Nyakanga 2025, nyuma y’uko banabanje gusezerana imbere y’amategeko.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge