Muri ADEPR Nyarugenge barwaniye mu materaniro(video)

Umwe mu bayoboke ba ADEPR utashatse kubwira Kigali Info amazina ye, avuga ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kanama 2025 abantu bo mu rwego rw’ubuyobozi muri iryo Torero bafatanye mu mashati bakarwanira mu iteraniro.

Video uwo muyoboke wa ADEPR avuga ko yahawe n’umwe mu bashumba be igaragaza abantu bicaye mu ntebe z’imbere bahaguruka batongana, umwe agahita asumira mugenzi we akamukubita urushyi, mu gihe imbere ku ruhimbi hari uwarimo asenga undi ahagaze arebera.

Icyo giterane ngo cyari kigeze ku munsi wa wacyo wa Gatandatu, mu masaha ya nimugoroba, cyahise gicikamo igikuba ubwo abo bayobozi muri ADEPR ngo bapfa bijyanye n’uko iryo torero rimaze igihe ryirukana abashumba bamwe rishyiramo abandi.

Video igaragaza ko uwatangiye arwana yahise ava aho yakubitiye umuntu, abandi bahaguruka bajya kumufata nyuma y’uko uwakubiswe na we yari amakurukiye ashaka kwihorera.

Kigali Info iracyategereje icyo ubuyobozi bwa ADEPR buvuga kuri izi mvururu zateye mu materaniro, nyuma yo guhamagara kuri telefone no kubandikira ubutumwa bugufi ariko ntibagire icyo basubiza. Gusa umwe mu bakozi baho yatwijeje ko agiye gushaka ababonye ibyo biba, turacyamutegereje na we.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge