Rwamagana: Abatuye i Ruhita na Rugarama bose basabwa kwimuka

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera cy’Imikoreshereze y’Ubutaka mu Rwanda, mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Musha, Akagari ka Nyakabanda, abatuye imidugudu ya Ruhita na Rugarama bose basabwa kuhimuka kuko ngo atari ubutaka bwagenewe imiturire.

Aba baturage baratakira umuhisi n’umugenzi bavuga ko nta ho kwerekera bafite, ndetse ngo hari n’abarwanye n’inzego z’ibanze bakaba bafunzwe, n’ubwo Ubuyobozi bw’Umurenge bubihakana.

Hari ijwi ry’umuturage wumvikanye asobanurira mugenzi we kuri telefone ko hari abaturage barimo n’abayobozi b’umudugudu wa Ruhita bahunze nyuma y’uko bagenzi babo 21 barwanye n’inzego zaje kubasenyera bagahita bafungwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Rwagasana Jean Claude, avuga ko nta muturage ufunzwe bitewe no kurwanya ubuyobozi, ariko ko gahunda yo kwimuka muri iyo midugudu ihari.

Rwagasana yagize ati “Igishushanyo mbonera cy’ubwo butaka kigamije ubuhinzi, ahandi ni mu manegeka, umudugudu wa Ruhita wose, ingo zigera ku 130, ahubwo si wo gusa hari n’uwa Rugarama, kuko ni munsi y’umusozi aho amabuye amanuka hejuru (mu gihe cy’imvura) akica abaturage, twigeze kugira ibyago byo gupfusha abantu babiri hariya.”

Rwagasana avuga ko mu butaka bw’iyo midugudu yombi nta site z’imiturire zihari, abahatuye bose bakaba bagomba kujya gushaka ibibanza ahemewe gutura akaba ari ho bajya kubaka.

Aba baturage binubira ko nta ngurane y’ubutaka bwabo bahawe n’ubwo ngo bumva ko hari umushoramari wahaguze. Nyuma yo kugeza ikibazo ku buyobozi bw’Akarere ka Rwamagana, hateganyijwe inama na bwo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2025.

Hirya no hino mu Gihugu hari abaturage cyane cyane abasore bageze igihe cyo gushinga ingo zabo, bakomeje kwinubira ko batemerewe kubaka mu butaka bw’ababyeyi babo iyo bigaragaye ko butagenewe imiturire, kandi nta bushobozi bafite bwo kujya kugura ibibanza muri site z’imiturire.

Inzu zimwe z’i Ruhita zatangiye gusenywa

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge