Marburg: Nta guma mu rugo ihari

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko n’ubwo imaze kubona abantu bagera hafi kuri 300 bahuye n’abarwayi n’icyorezo Marburg kimaze iminsi mike kigaragaye mu Rwanda, ngamba zihariye nka guma mu rugo zizafatwa.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yagiranye Ikiganiro n’Itangazamakuru kuri iki cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, avuga ko imibare y’abarwaye ikiri 20 ndetse n’abapfuye 6 kugeza ubu.

Yagize ati “Dufite abahuye n’abarwayi benshi, hafi 300 bashobora kwiyongera, mushobora kuba mwarahuye mukaramukanya cyangwa mubana mu nzu, ntabwo turarangiza kumenya aho ubwo burwayi bwaturutse, icyihutirwa ni ukumenya aho ubwo burwayi bugeze tukabuhagarika.”

Minisitiri w’Ubuzima avuga ko abahuye n’abarwayi barimo gukurikiranwa, bagapimwa inshuro zirenze imwe, hakaba n’abo bavana aho bari bakabajyana ahandi ku mpamvu zo gushaka ibimenyetso vuba.

MINISANTE ivuga ko Marburg itangira kwigaragaza mu gihe kibarirwa hagati y’iminsi 2-21 nyuma y’uko umuntu akoze ku matembabuzi y’uyirwaye.

Marburg ifite ubukana bwo kwica uyirwaye ku rugero rubarirwa hagati ya 25%-90% bitewe n’uburyo uwo muntu yihutishijwe kugera kwa muganga, aho ahabwa imiti ivura ibimenyetso gusa, kuko ngo nta muti wihariye iyi virusi igira.

Marburg yandura iyo umuntu akoze ku matembabuzi y’uyirwaye, ntabwo yandurira mu mwuka. Uwafashwe na yo atangira ababara umutwe, ahinda umuriro, abira ibyuya byinshi, acibwamo kandi aruka.

Minisitiri w’Ubuzima avuga ko iki gihe atari icyo gufata ingamba zidasanzwe, akaba asaba abantu kudakuka umutima kandi bagakomeza imirimo nk’uko bisanzwe.

Dr Nsanzimana avuga ko buri mugoroba bazajya batangaza aho bageze bahangana na Marburg kugeza ubu itaramenyekana aho yaturutse n’umuntu wa mbere mu Rwanda wayirwaye.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ryizeza u Rwanda ibikoresho byo guhagarika Marburg vuba bishoboka birimo ibyo gupima iyo ndwara.

 

 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye