Ubwirakabiri no kuzora k”ukwezi byagaragaye mu kirere muri uru rukerera

Byari bibereye ijisho kuri benshi babirebaga

Muri uru rukerera rwo ku wa gatatu taliki ya 18 Nzeri ku isaha ya saa 4:12 kugeza saa 4:44 ku masaha yo mu Rwanda no mu Burundi hari ibitangaza bibiri byabaye mu kirere k’isi!
Icya mbere ni uko ukwezi kwagaragaye kwazoye cyane mu bice bitandukanye hirya no hino kw’isi. Ukwezi kwagaragaye mu kirere k’isi kwazoye, ari kunini bidasanzwe kandi kwaka cyane, ibyo bita mu rurimi rw’icyongereza “supermoon”.

Kuzora k’ukwezi bakunze kwita ‘supermoon’

Supermoon ibaho iyo Ukwezi kwegereye isi kurusha ibindi bihe byose ku rwikaragiro (orbit) rwako!

Supermoon yo muri uku kwezi ni iya kabiri ibayeho muri uyu mwaka.

Si ibyo gusa byabayeho kuko habayeho n’ubwirakabiri bw’ukwezi ku gice kingana na 4% cy’ubuso bwose bw’ukwezi. Ubwirakabiri bw’ukwezi bubaho iyo igicucu-cucu k’isi gikingirije ukwezi, bigatuma urumuri rw’izuba ruba ruke cyane ku kwezi!

Ubwo bwirakabiri bwabonywe n’abari muri Afurika, Amerika y’Epfo n’iya Ruguru, Uburayi, n’ibice bimwe na bimwe bya Aziya ndetse n’Uburasirazuba bwo hagati. Ubundi bwirakabiri bw’igice cy’ ukwezi bwitezwe muri Kanama 2026, ubwo bizaba bidasanzwe kuko hafi 96% by’ukwezi bizaba byijimye bikingirijwe n’isi.
Nk’uko ibinyamakuru byinshi byabitangaje, abantu benshi hiryo no hino ku isi banejejwe no kwitegereza iyo mirimo y’Imana!

Indege inyura imbere y’ukwezi i Toronto muri Canada 

Uko Kwezi guhinguka inyuma y’Umunara wa Galata i Istanbul muri Turkiya

Uko uko Kwezi kwabonetse i Caracas muri VenezuelaNanjing mu Bushinwa mu ntara ya Jiangsu

Uwabirebeshaga imboneshakure Telescope

Uko byari byifashe i Nanjing mu Bushinwa mu ntara ya Jiangsu

Ukwezi kwagaragaye mu migi itandukanye hirya no hino kw’isi 

Ukwezi kuba kwegereye isi cyane

Ukwezi kuzamuka inyuma y’inzu yo mu cyaro cya Warwickshire mu Bwongereza

By Julien B.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge