Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome bukomeye mu bice bitandukanye bituwe cyane bigenzurwa n’uwo mutwe.
Umuvugizi wa Politike wa AFC-M23, Lawrence Kanyuka, yanditse ku rubuga rwa X agira ati “Mu ijoro ryo ku itariki 01 bucya ari ku ya 02 Gicurasi 2026, hagati ya saa ine na saa cyenda n’igice z’ijoro, igisirikare cya Kinshasa n’abo bafatanyije, bagabye ibitero by’ubugome bukomeye mu bice bituwe cyane bya Rugezi mu Minembwe, hakoreshejwe drone za kamikaze.”
Ati “Muri iri joro kandi kuva saa kumi za mu gitondo, icyo gisirikare(FARDC) cyakomeje kugaba ibitero by’ubugome bukomeye mu bice bya Nyamugari, Kivoka, Rutare, Tushunguti, Kaboneke, Rubiri, Mutara no mu bice bihegereye byo muri Teritware ya Kalehe(Kivu y’Epfo), hakoreshejwe drones n’intwaro ziremereye.”
Kanyuka avuga ko ibi bitero byateje impfu z’abantu, bisenya imitungo myinshi ndetse bikaba byeteje imbaga y’abaturage kuva mu byabo barahunga.
Kubera iyo mpamvu y’ubwicanyi budasanzwe ngo AFC-M23 ikomeje kwiyemeza kurinda no kurengera abaturage.
Intambara mu burasirazuba bwa Congo yongeye kubyutsa ubukana budasanzwe nyuma y’amasezerano yagiye ashyirwaho umukono hagati ya Leta y’icyo gihugu n’umutwe wa AFC-M23, haba i Nairobi muri Kenya, Luanda muri Angola, Doha muri Qatar na Montreux mu Busuwisi.






