Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome bukomeye mu bice bitandukanye bituwe cyane bigenzurwa n’uwo mutwe.

Umuvugizi wa Politike wa AFC-M23, Lawrence Kanyuka, yanditse ku rubuga rwa X agira ati “Mu ijoro ryo ku itariki 01 bucya ari ku ya 02 Gicurasi 2026, hagati ya saa ine na saa cyenda n’igice z’ijoro, igisirikare cya Kinshasa n’abo bafatanyije, bagabye ibitero by’ubugome bukomeye mu bice bituwe cyane bya Rugezi mu Minembwe, hakoreshejwe drone za kamikaze.”

Ati “Muri iri joro kandi kuva saa kumi za mu gitondo, icyo gisirikare(FARDC) cyakomeje kugaba ibitero by’ubugome bukomeye mu bice bya Nyamugari, Kivoka, Rutare, Tushunguti, Kaboneke, Rubiri, Mutara no mu bice bihegereye byo muri Teritware ya Kalehe(Kivu y’Epfo), hakoreshejwe drones n’intwaro ziremereye.”

Kanyuka avuga ko ibi bitero byateje impfu z’abantu, bisenya imitungo myinshi ndetse bikaba byeteje imbaga y’abaturage kuva mu byabo barahunga.

Kubera iyo mpamvu y’ubwicanyi budasanzwe ngo AFC-M23 ikomeje kwiyemeza kurinda no kurengera abaturage.

Intambara mu burasirazuba bwa Congo yongeye kubyutsa ubukana budasanzwe nyuma y’amasezerano yagiye ashyirwaho umukono hagati ya Leta y’icyo gihugu n’umutwe wa AFC-M23, haba i Nairobi muri Kenya, Luanda muri Angola, Doha muri Qatar na Montreux mu Busuwisi.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Ishami ry’Urugaga rw’Abikorera(PSF) rishinzwe ubwikorezi bw’ibitumizwa n’ibyoherezwa mu mahanga, rivuga ko imodoka na moto z’amashanyarazi Leta isaba abantu kugura zihari ku bwinshi, ariko mu gihe yasabye abantu kuba ari zo…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge