Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Umurambo wa Minisitiri w’u Burundi ushinzwe Itumanaho, Gabby Bugaga, wabonetse ahitwa i Kivoga mu Ntara ya Bujumbura kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata 2026, mu modoka ye yari iparitse mu murima w’ibiti by’amavuta y’amamesa (byitwa ibigazi).

Impamvu y’urupfu rwa Minisitiri Bugaga ntabwo iramenyekana. Umurambo we wasanzwe mu modoka ye yo mu bwoko bwa 4×4, yicaye mu mwanya w’umushoferi.

Kugeza ubu, nta rwego rwa Leta rurasobanura iby’urwo rupfu rw’amayobera. Umunyamakuru wageze aho byabereye yatangarije uwitwa Sam Kabera wanditse kuri X ye ko urufunguzo rw’imodoka ya Minisitiri rwasanzwe mu gasakoshi (sacoche) aho kuba mu modoka.

Bugaga yavukiye muri Komine Kabezi mu Ntara ya Bujumbura Rural, akaba yarabaye umunyamakuru wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu cy’u Burundi (RTNB), nyuma aza kugenda azamuka mu nzego zitandukanye za Leta.

Yabanje gukora mu ishami rishinzwe itumanaho muri Sena y’u Burundi, aho yanabaye umuvugizi wa Perezida w’iyo Nteko, nyuma aza kuba umuyobozi w’itumanaho muri Sena.

Nyuma yaho Bugaga yaje kujya gukora muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yigenga (CENI), aho yashinzwe ibikoresho n’imicungire yabyo, mbere yo kugirwa Minisitiri w’Itumanaho.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge